Umukinnyi w’iteramakofe wo muri Uganda akaba n’Umushabitsi , Shakib Cham Lutaaya, yatunguye benshi nyuma yo gutangaza ko agikomeje kuba umugabo wa Zari Hassan, nyamara hashize iminsi mike uyu mugore atangaje ko batandukanye.
Ibi Shakib
yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ku wa 18 Kamena 2026, aho
yabajijwe niba agikomeje kuba umugabo wubatse.
Mu gusubiza,
yagize ati: "Yego."
Ubwo
yakurikizwagaho ikibazo cyo kumenya uwo mugore ari we, Shakib yasubije mu buryo
bwateye benshi urujijo.
Ati
"Umuntu nari mfite ni na we nkiri kumwe na we."
Nubwo
atigeze avuga izina rya Zari Hassan mu buryo buziguye, benshi bahise bumva ko
yavugaga uyu mugore bari bamaze imyaka itanu bakoze ubukwe kandi bakunze
kugaragara bari kumwe mu ruhame.
Ibi byabaye
nyuma y’uko Zari Hassan ashyize hanze itangazo ku rubuga rwa Instagram, rivuga
ko we na Shakib bafashe umwanzuro wo gutandukana nyuma yo kubona ko batakibasha
gukomeza urugendo rwabo nk’abakundana.
Muri iryo
tangazo, aba bombi bavuze ko batandukanye kubera ibyo bise "kutumvikana ku
buryo budashobora gukemuka", ariko bashimangira ko nta rwango cyangwa
amakimbirane ari hagati yabo.
Icyakora
amagambo ya Shakib yatumye benshi bongera kwibaza niba koko aba bombi
baratandukanye nk’uko byatangajwe cyangwa niba hakiri amahirwe yo kongera
kubunga.
Mu kiganiro
kimwe, Shakib yanavuze ko ameze neza mu mutima kandi ko ari guhangana n’ibi
bibazo nk’umuntu mukuru.
Ati:
"Ndimo kubyitwaramo nk’umuntu ukuze."
Zari Hassan
na Shakib Cham Lutaaya bamamaye cyane binyuze muri gahunda ya Netflix yitwa
‘Young, Famous & African’, aho abakunzi babo bakomeje gukurikirana bya hafi
iby’urukundo rwabo.
Kugeza ubu
nta n’umwe muri bo uratangaza niba hari icyahindutse nyuma y’itangazo ryo
gutandukana.