Umunyamakuru Uwamwezi Daphine wamamaye nka Bianca, yavuze ko imyaka itatu amaze ari umushyushyarugamba (MC) mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival yamubereye urugendo rwuzuyemo amasomo, ubunararibonye n’iterambere mu kazi, ashimangira ko ashimira cyane icyizere yahawe n’abategura ibi bitaramo.
MTN Iwacu
Muzika Festival yatangiriye i Huye ku wa Gatandatu tariki ya 20 Kamena 2026,
aho yitabiriwe n’imbaga y’abakunzi b’umuziki. Biteganyijwe ko izakomereza mu
Karere ka Ngoma ku wa Gatandatu tariki ya 27 Kamena 2026, mbere yo gukomereza
mu tundi turere tw’Igihugu.
Bianca mbere
y’igitaramo yatangarije
umunyamakuru wa BTN Rwanda yavuze
ko imyaka itatu amaze ayobora ibi bitaramo ari igihe cyamuhaye byinshi, haba mu
kwiyungura ubumenyi no kurushaho gukomera mu mwuga wo kuyobora ibirori
n’ibitaramo.
Yagize ati:
“Nagize urugendo rwiza, kubera ko buri mwaka twiga ikintu gishya. Turavugurura
mu buryo bw’imikorere no mu buryo bw’urugendo rwacu. Ni ikintu cyiza cyane
kandi umuntu wese ukunda uyu mwuga aba yifuza kugeraho. Kugeza ubu ndashima
Imana kuko byagenze neza.”
Nubwo amaze
kumenyera guhangana n’imbaga y’abafana ku rubyiniro, Bianca avuga ko ubwoba
butajya bushira burundu ku muntu wese ugiye kuyobora igitaramo, ahubwo ko buba
ari kimwe mu bituma umuntu arushaho kwitwararika no gukora neza.
Ati:
“Ntihazagire ukubeshya ngo kujya kuri ‘stage’ ntibimutera ubwoba. Umuntu wese
uzi ko ugiye kujya ku rubyiniro, habamo ka kantu ko kwibaza uko abafana
bakwakira. Ariko igihe kigera ugatuza ukavuga uti ‘reka mbahe igitaramo cyiza’,
ubundi byose bikagenda neza.”
Uyu
munyamakuru yavuze ko kimwe mu bimutera icyizere ku rubyiniro ari uko akenshi
aba yakira abahanzi basanzwe bakorana mu bihe bitandukanye, birimo n’akazi
k’itangazamakuru, bikamufasha gukora yisanzuye.
Mu myaka
itatu ishize, Bianca yakoranye na MC Buryohe mu kuyobora ibi bitaramo. Avuga ko
ubufatanye bwabo bwabaye ikintu cyoroshye kuva ku munsi wa mbere bahuyeho.
Yagize ati:
“MC Buryohe ni umuntu twahuje cyane kuva tugihura. Mu byo dukunda, uburyo
dukoramo n’imbaraga dushyira ku rubyiniro, ibintu byahise byikora. Tumeze nka
musaza na mushiki we.
Ntabwo turi
inshuti mu kazi gusa, no mu buzima busanzwe turi abantu begeranye cyane. Ni
umugisha Imana yaduhaye.”
Bianca kandi
yagaragaje ko MTN Iwacu Muzika Festival yagize uruhare runini mu gukura kwe
nk’umushyushyarugamba, ashimira cyane ubuyobozi bwa East African Promoters
(EAP) bwakomeje kumugirira icyizere.
Ati: “Mfite
amashimwe menshi cyane. Mbanza gushimira Umuyobozi wa East African Promoters,
Mushyoma Joseph, kuba yaranyizereyemo muri iyi myaka yose. Hari abantu benshi
babyifuza kandi babifitiye ubushobozi, ariko kuba yarakomeje kuduhitamo njye na
bagenzi banjye ni ikintu cy’agaciro gakomeye tutafata nk’icyoroheje.”
Yongeyeho ko
kimwe mu bituma ibi bitaramo bikomeza gukundwa ari uburyo abategura
n’ababiyobora bahora biga ku byo abafana baba bifuza, bakagenda bavugurura uko
bakora buri mwaka.
Ati: “Mu
rugendo rwo gukura kwanjye nk’umushyushyarugamba, buri gitaramo gitwigisha
ikintu gishya. Uko twakoze i Huye ntabwo ari ko tuzakora i Ngoma. Tugenda
twiga, tureba icyo abafana bashaka n’icyo bifuza kubona kugira ngo barusheho
kwidagadura.”
Mu gihe MTN
Iwacu Muzika Festival ikomeje kuzenguruka igihugu ku nshuro yayo ya karindwi,
Bianca agaragaza ko uru rugendo rutamubereye gusa amahirwe yo kuyobora ibitaramo
bikomeye, ahubwo rwabaye ishuri rimufasha gukomeza gukura no kubaka izina rye
mu ruganda rw’imyidagaduro nyarwanda.
Like This Post? Related Posts