Abaturage bo
muri leta ya Ohio bateraniye mu myigaragambyo ku wa Kane, bagaragaza ko
bashyigikiye abimukira bakomoka muri Haiti no muri Syria, nyuma y'icyemezo
cyafashwe n'Urukiko rw’ikirenga rwa Letza Zunze Ubumw z’amerika cyemerera
ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump guhagarika uburinzi bw'amategeko bwari guha
aba bimukira uburenganzira bwo kuguma muri Amerika.
Abitabiriye
iyo myigaragambyo bavuze ko iki cyemezo gishyira mu kaga abantu ibihumbi
bahunze intambara, ihohoterwa n'ibiza byibasiye ibihugu byabo, basaba ko
uburenganzira bwabo bwubahirizwa.
Kuri uwo
munsi kandi, Urukiko rw'Ikirenga rwa Amerika rwafashe ikindi cyemezo gikomeye
kijyanye n'abimukira, ruvuga ko abantu bashaka gusaba ubuhungiro bashobora
kwangirwa kwegera umupaka wa Amerika mbere y'uko bawugeraho.
Iki cyemezo
cyemeje ko uburyo buzwi nka "metering" bwemewe n'amategeko. Ubu buryo
bwemereraga abashinzwe abinjira n'abasohoka ba Amerika bakorera ku ruhande rwa Mexico
gusubiza inyuma abasaba ubuhungiro bataragera ku butaka bwa Amerika.
Nubwo ubu
buryo butagikoreshwa kuva mu 2021, Perezida Trump yasabye Urukiko rw'Ikirenga
kurusuzuma kugira ngo hemezwe niba rwakongera gushyirwa mu bikorwa.
Ubusobanuro
bw'Urukiko
Mu mwanzuro
wafashwe ku majwi atandatu kuri atatu, abacamanza benshi bemeje ko umuntu uri
ku ruhande rwa Mexico adashobora gufatwa nk'“ugeze muri Amerika” mbere yo
kwambuka umupaka.
Umucamanza Samuel
Alito, wanditse umwanzuro wa benshi, yavuze ko umuntu aba ageze muri Amerika
ari uko amaze kwinjira ku butaka bwayo, atari igihe akigerageza kubugeraho.
Yasobanuye
ko kuba umuntu abujiwe kwinjira bidahindura uko itegeko risobanura ko “yageze
muri Amerika.”
Abacamanza
batavuga rumwe n'icyemezo
Umucamanza Sonia
Sotomayor, afatanyije n'abandi bacamanza babiri, yanenze iki cyemezo.
Yavuze ko
gisobanura nabi amategeko kandi ko gishobora kugira ingaruka zikomeye ku bantu
bahunga ihohoterwa n'intambara.
Mu
bitekerezo bye byanditse, yavuze ko iki cyemezo “gikingira urugi” abantu
bahunga akarengane, kandi ko gishobora gutuma benshi bapfa cyangwa bagahatirwa
kugerageza kwinjira muri Amerika banyuze mu nzira zitemewe n'amategeko.
Kuva
Perezida Donald Trump yasubira muri White House, yashyize imbere politiki ikaze
yo kugabanya umubare w'abimukira no kwihutisha iyirukanwa ry'ababa muri Amerika
mu buryo butemewe n'amategeko.
Mu zindi
ngamba zashyigikiwe n'Urukiko rw'Ikirenga, harimo n'icyemezo cyo gukuraho
uburinzi bwo kutirukanwa ku Banya-Haiti bagera ku 350.000 n'Abanya-Syria
barenga 6.000 bari batuye muri Amerika.
Mu cyumweru
gitaha, biteganyijwe ko Urukiko rw'Ikirenga ruzafata umwanzuro ku kindi kibazo
gikomeye cyasabwe na Perezida Trump, cyo gukuraho ihame ritanga ubwenegihugu ku
buryo bwikora ku muntu wese wavukiye ku butaka bwa Amerika.
Icyo cyemezo
nikiramuka gifashwe, gishobora guhindura cyane amategeko y'ubwenegihugu muri
Amerika no kugira ingaruka ku miryango myinshi y'abimukira ituye muri icyo
gihugu.
Mu gihe
impaka zikomeje ku mategeko agenga abimukira, imyigaragambyo yabereye muri Ohio
yagaragaje ko abaturage benshi bagikomeje gusaba ko Amerika yakomeza kurengera
abantu bahunga intambara, ibiza n'ihohoterwa, aho gukaza amategeko yo
kubirukana.
Like This Post? Related Posts