Uwahoze ari
Meya w'Umujyi wa Kampala akaba n'Umuyobozi w'ishyaka People's Front for Freedom
(PFF), Erias Lukwago, yajyanywe mu Bitaro Bikuru bya Mulago kugira ngo ahabwe
ubuvuzi bwihariye, nyuma y'icyemezo cyafashwe n'Urukiko rwa Makindye
rwategekaga ubuyobozi bwa gereza kubikora mu gihe kitarenze amasaha 24.
Lukwago afungiye
muri Gereza ya Murchison Bay nyuma yo gufatwa ku wa 15 Kamena 2026,
akurikiranyweho icyaha cyo kudatangaza amakuru ku mugambi uvugwa wo kugambanira
igihugu
Ubushinjacyaha bumushinja ko hagati ya 2021 na
Ugushyingo 2024 yari azi amakuru ku mugambi bivugwa ko wari utegurwa
n'abakiliya be barimo Kizza Besigye na Obeid Lutale Kamulegeya, ariko
ntayatange ku nzego zibishinzwe. Lukwago we yahakanye ibyo aregwa avuga ko ari
umwunganizi wabo mu mategeko, atari umwe mu bagize uwo mugambi.
Mu
iburanisha ryabaye mbere y'uko yimurirwa kwa muganga, abamwunganira basabye ko
yarekurwa by'agateganyo bavuga ko ubuzima bwe bwari bumeze nabi. Bavuze ko
arwaye umuvuduko ukabije w'amaraso, gastrite idakira, ibibazo by'ubuhumekero
ndetse n'uburwayi bw'umugongo bwamusabye kubagwa mu Buhinde, aho yashyizwemo
icyuma gifasha urutirigongo. Bavuze ko ifungwa rye ryakajije uburwayi bwe kandi
ko akeneye ubuvuzi bwihariye budashobora gutangirwa muri gereza.
Nubwo
urukiko rwanze kumurekura by'agateganyo, rwemeye ko ubuzima bwe busaba ubuvuzi
bwihuse. Umucamanza yategetse ko ajyanwa mu Bitaro bya Mulago kugira ngo
akorerwe isuzuma ryimbitse, ahabwe ubuvuzi bukenewe kandi hakorwe raporo
y'abaganga izashyikirizwa urukiko. Yanategetse ko umugore we n'umwunganizi
yihitiyemo bemererwa kumusura no guhabwa amakuru ku buzima bwe hakurikijwe
amategeko agenga gereza.
Umwunganizi
wa Lukwago, Abubaker Ssekanjako, yemeje ko ubuyobozi bwa gereza bwubahirije
icyemezo cy'urukiko maze mu gitondo cyo ku wa 25 Kamena 2026, Lukwago avanwa
muri Gereza ya Murchison Bay ajyanwa mu Bitaro bya Mulago. Yavuze ko mbere
y'iyimurwa rye, yari amaze igihe ahabwa imiti igabanya ububabare gusa, nyamara
uburwayi bwe bwasabaga ubuvuzi bwihariye. Lukwago aracyafunzwe by'agateganyo mu
gihe iperereza rikomeje, biteganyijwe ko azongera kwitaba urukiko ku wa 30
Kamena 2026, aho hazareberwa aho urubanza rugeze n'ibizakurikira.
Like This Post? Related Posts