Guverinoma ya Uganda yatangaje ko iri gutegura gahunda yo gukura abaturage bayo bari muri Afurika y’Epfo, nyuma y’ubwiyongere bw’ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga ndetse n’imyigaragambyo ishingiye ku rwango rw’abimukira.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda w’agateganyo, Haruna Kasolo
Kyeyune, yabivugiye mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye i Kampala ku Cyumweru,
avuga ko ubuyobozi buri gukora ibishoboka byose kugira ngo bufashe Abagande
bashaka gutaha.
Yagize ati: “Perezida wa Repubulika ya Uganda yategetse ko hategurwa
uburyo bwo gukura abaturage ba Uganda muri Afurika y’Epfo nyuma y’ubwiyongere
bw’ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga n’imyigaragambyo y’amatsinda yigenga
yanga abimukira.”
Kyeyune yavuze ko gahunda yo kubacyura iri kurangizwa gutegurwa, ndetse
ko indege zidasanzwe zizatangira gukora ingendo mu minsi mike iri imbere.
Yakomeje avuga ko abaturage ba Uganda 746 bamaze kwiyandikisha ku
bushake bashaka gutahuka.
Yanemeje kandi ko umurambo w’Umunya-Uganda umwe wapfiriye mu gitero
cyabereye mu Ntara ya KwaZulu-Natal uzacyurwa mu gihugu, anihanganisha
umuryango wa nyakwigendera.
Afurika y’Epfo iri mu bihe bikomeye by’umutekano mbere y’itariki ya 30
Kamena, aho amatsinda arwanya abimukira yasabye abanyamahanga badafite
ibyangombwa kuva muri icyo gihugu.
Ibihugu byinshi bya Afurika byatangiye gutegura gahunda zihutirwa zo
kurinda no gutahura abaturage babyo, mu gihe hakomeje kwiyongera impungenge
z’imvururu n’ihohoterwa bishobora gukomeza kwaduka.