• Amakuru / POLITIKI


Umunyamategeko wo muri Kenya, Martha Karua, wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri icyo gihugu, yareze Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, amushinja kugira uruhare mu ifungwa rye ry’igihe gito no kumwirukana ku butaka bwa Uganda mu buryo avuga ko butubahirije amategeko.

Karua, wari wagiye muri Uganda nk’umwunganizi mu mategeko wa Dr Kizza Besigye, avuga ko yageze muri icyo gihugu ku wa 22 Kamena 2026, ariko akangirwa kwinjira n’abashinzwe abinjira n’abasohoka nubwo yari afite uruhushya rwemewe rumwemerera kuburanira mu nkiko za Uganda.

Mu nyandiko yatanze mu Rukiko Rukuru, Karua avuga ko yageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Entebbe ari kumwe n’abandi banyamategeko, ariko nyuma yo gushyirwa kashe muri pasiporo ye, yaje gutandukanywa na bagenzi be ajyanwa ku biro by’umuyobozi mukuru ushinzwe abinjira n’abasohoka.

Avuga ko nyuma yaho, telefoni ze ebyiri zafashwe n’abashinzwe abinjira n’abasohoka nta mpamvu isobanutse yatanzwe, nyuma bakamumenyesha ko atemerewe kwinjira muri Uganda kubera impamvu z’umutekano zitavuzwe.

Yongeraho ko nyuma yaje gusubizwa telefoni ze ariko akanga kuzakira, kuko hari impungenge ko amakuru y’ibanga y’abakiliya be ashobora kuba yararebwe mu gihe zari mu maboko ya leta.

Inyandiko z’urukiko zigaragaza ko nyuma yaho, ubuyobozi bwa Uganda bwabwiye Kenya Airways kumusubiza iwabo, bamushyira mu cyiciro cy’abatemerewe kwinjira mu gihugu, hashingiwe ku mategeko agenga abinjira n’abasohoka.

Karua ariko avuga ko yirukanywe atabwiwe impamvu nyayo, kandi atahawe n’umwanya wo kwiregura.

Avuga ko iki gikorwa cyamugizeho ingaruka, ndetse kikabangamira n’uburenganzira bwa Dr Kizza Besigye bwo kubona umwunganizi yahisemo, bityo bikabangamira uburenganzira bwo kuburanishwa mu mucyo.

Mu nyandiko ye, Karua ashingira kandi ku butumwa bivugwa ko bwashyizwe ku rubuga rwa X rwa Gen Muhoozi, aho bivugwa ko yavuze ko ari we ubwe wategetse ko yirukanwa, anavuga amagambo akomeye ku rubanza rwa Besigye.

Muri ayo magambo harimo aho bivugwa ko yagize ati: “Ni njye ubwanjye namwirukanye. Ntazongera kwemererwa mu gihugu cyacu.”

Karua avuga ko ibi bigaragaza ko Gen Muhoozi ari we wafashe icyemezo cyo kumwirukana, nubwo afite umwanya wa gisirikare utamwemerera kwivanga mu byemezo by’abinjira n’abasohoka.

Yongeraho ko ingingo ya 208 y’Itegeko Nshinga rya Uganda igaragaza ko Ingabo (UPDF) zigengwa n’ubuyobozi bwa gisivili, bityo Umugaba Mukuru w’Ingabo atagomba kwivanga mu byemezo by’abinjira n’abasohoka.

Karua asaba urukiko gutesha agaciro iki cyemezo, avuga ko gishobora guhungabanya ubwisanzure bw’abanyamategeko, uburenganzira bwo kuburana mu mucyo, ndetse n’iyubahirizwa ry’Itegeko Nshinga.

Amakuru y’urukiko agaragaza ko Dr Kizza Besigye yafashwe mu Gushyingo 2024 i Nairobi, aho yari yitabiriye igikorwa cyo kumurika igitabo cya Karua.

Ubushinjacyaha bwo buvuga ko Karua na Besigye bari bagiye mu bikorwa bivugwa ko bigamije gutegura umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Uganda.

Bwanagaragaje ko hari n’abandi banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi, barimo Erias Lukwago, bagiye mu nama zabereye hanze ya Uganda, bivugwa ko zagiraga uruhare muri uwo mugambi.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments