• Amakuru / POLITIKI


Iran yagabye ibitero mu bihugu bitandatu byo mu Burasirazuba bwo Hagati, mu gihe intambara iyihanganishije na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ikomeje gufata indi ntera.

Ibi bitero byakurikiye iminsi y'ihanahana ry'ibisasu bya misile n'indege zitagira abapilote (drones) hagati ya Iran na Amerika, ibintu bikomeje kongera umwuka mubi mu karere.

Kuva ku Cyumweru, tariki ya 12 Nyakanga 2026, ibihugu byatangaje ko byibasiwe n'ibitero bya Iran birimo Qatar, Oman, Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu (UAE), Jordan, Bahrain na Kuwait.

Ibyo bihugu byavuze ko byabashije kuburizamo drones na misile za Iran zari zigambiriye kwibasira ibirindiro bya gisirikare n'ibindi bikorwa bya Amerika biri ku butaka bwabyo.

Iran yatangaje ko ibitero byayo byari bigamije gusa ibirindiro bya gisirikare bya Amerika biri muri ibyo bihugu.

Ingabo za Iran zavuze ko zasenye ikigo gishinzwe kuyobora ibikorwa bya gisirikare ndetse n'ahabikwaga drones muri Jordan.

Zongeye gutangaza ko zagabye ibitero ku bikoresho bya radar bya Amerika no ku bikorwa bya misile biri muri Kuwait.

Iran yanavuze ko yibasiye ibigo birimo ahari indege n'ibikoresho byo kongera lisansi mu ndege muri Oman, ndetse n'ikigo cyo gusana indege hamwe n'ahakorerwa ubuyobozi bwa gisirikare muri Qatar.

Qatar yatangaje ko abantu batatu, barimo umwana, bakomerekeye mu bice by'ibisasu byaguye nyuma y'igitero, ishimangira ko Iran ari yo igomba kubazwa ibyabaye.

Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu (UAE) na zo zatangaje ko ingabo zazo zarashe drones na misile byaturutse muri Iran, mu gihe Bahrain yavuze ko yahagaritse ibitero byinshi by'indege za Iran.

Jordan na yo yatangaje ko yahagaritse misile enye zari zinjiye mu kirere cyayo, ivuga ko nta muntu wakomeretse cyangwa ibyangiritse byatewe n'icyo gitero.

Ku rundi ruhande, Amerika yakomeje kugaba ibitero mu bice bitandukanye bya Iran kuva mu ijoro ryacyeye kugeza ku wa 13 Nyakanga.

Iran yatangaje ko yafunze Umuhora wa Hormuz

Mu gihe intambara yakomezaga gukaza umurego, Iran yatangaje ko yafunze Umuhora wa Hormuz, umwe mu mihora y'ingenzi inyuzwamo hafi 20% by'ibikomoka kuri peteroli bikoreshwa ku Isi.

Ingabo za Iran zavuze ko zafashe uwo mwanzuro nyuma yo kurasa ubwato bwari bunyuze mu nzira zavuze ko butari bwemerewe kunyuramo.

Icyakora, Leta Zunze Ubumwe za Amerika yahakanye ayo makuru, ivuga ko Iran idafite ububasha bwo gufunga Umuhora wa Hormuz, kandi ko ubwato bukomeje kuwunyuramo nk'uko bisanzwe.

Ubuyobozi bw'Ingabo za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati (CENTCOM) bwatangaje ko Hormuz ikomeje kuba nyabagendwa ku bwato bukora ingendo zemewe n'amategeko.

Perezida Donald Trump na we yavuze ko Umuhora wa Hormuz ugifunguye kandi ko ubwato bw'ubucuruzi bukomeje kuwunyuramo nta nkomyi.

Hagati aho, gukaza umurego kw'intambara hagati ya Amerika na Iran kwatumye ibiciro by'ibikomoka kuri peteroli ku isoko mpuzamahanga byiyongera ku kigero kirenga 4%, bitewe n'impungenge z'uko ubwikorezi bwa peteroli bunyura muri Hormuz bushobora guhungabana.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments