Muri
Ouganda, kuri uyu wa Mbere hatangiye urubanza rw'umunyapolitiki utavuga rumwe
n'ubutegetsi, Kizza Besigye, nyuma y'uko Urukiko Rukuru rwa Kampala rwatesheje
agaciro ubusabe bwe bwo guhagarika ibirego aregwamo byo kugambanira igihugu.
Besigye aburana hamwe na **Hajji Obeid Lutale>, na we ukurikiranyweho ibyaha
bifitanye isano n'uwo mugambi.
Icyemezo
cy'Urukiko Rukuru cyafashwe nyuma yo gusuzuma ubusabe bwa Besigye, wasabaga ko
urubanza rutangira gusa habanje gusuzumwa niba uburyo yafashwemo, afungwa
akanashyikirizwa inkiko bwari bukurikije amategeko. Urukiko rwavuze ko ubwo
busabe nta shingiro bufite kandi ko bwari bugamije gutinza urubanza, bityo
rutegeka ko iburanisha rikomeza nk'uko byari biteganyijwe.
Besigye na
Lutale baregwa ibyaha byo kugambanira igihugu no kutamenyekanisha umugambi wo
kugambanira igihugu. Icyakora, bombi bahakana ibyo baregwa, bakavuga ko
uburenganzira bwabo bw'ibanze bwahonyowe kuva bafatwa kugeza bagejejwe imbere
y'inkiko.
Mu
bisobanuro batanze binyuze ku banyamategeko babo, bavuga ko bafashwe mu buryo
bunyuranyije n'amategeko, bagakorerwa iyicarubozo, bagafungwa igihe kirekire
badafatirwa imyanzuro yemewe n'amategeko, ndetse bagakomeza gukurikiranwa mu
rubanza rwangijwe n'amagambo yatangajwe ku mugaragaro n'Umugaba Mukuru w'Ingabo
za Ouganda, Muhoozi Kainerugaba, akaba ari umuhungu wa Perezida **Yoweri Kaguta
Museveni>.
Abo baregwa
bavuga kandi ko ku wa 16 Ugushyingo 2024 bashimuswe i Nairobi muri Kenya
n'abakekwaho kuba abasirikare ba Ouganda, mbere yo kujyanwa iwabo mu buryo
bavuga ko bunyuranyije n'amategeko mpuzamahanga n'ay'imbere mu gihugu. Basaba
urukiko kwemeza ko iryo shimutwa ryabaye mu buryo butemewe n'amategeko, bityo
n'ibyakurikiyeho byose, birimo ibirego n'iburanisha, bikaba byateshwa agaciro.
Ku ruhande
rw'Ubushinjacyaha, buvuga ko bufite ibimenyetso bihagije bishimangira ibyo
burega. Bwavuze ko Besigye na Lutale bagiranye inama mu bihugu bitandukanye
bagamije gushaka inkunga y'amafaranga, kubona intwaro no gutegura ibikorwa byo
guhungabanya ubutegetsi bwa Ouganda.
Ubushinjacyaha
buvuga ko ibimenyetso bufite birimo amajwi yafashwe, ubutumwa bwanditse,
inyandiko z'ingendo ndetse n'ibindi byegeranyo byakusanyijwe mu iperereza,
bikaba byerekana ko abo bagabo bagize uruhare mu mugambi wo guhungabanya
umutekano w'igihugu.
Icyakora,
uruhande rw'abaregwa ruvuga ko ibyo birego bifite inyungu za politiki,
rugashinja ubutegetsi gukoresha ubutabera mu gucecekesha abatavuga rumwe na
bwo. Abunganizi babo bavuga ko abakiliya babo bakwiye kuburanishwa mu
bwisanzure kandi bakarenganurwa hashingiwe ku mategeko aho gushingira ku nyungu
za politiki.
Nyuma y'uko
urukiko rwanga ubusabe bwabo bwo guhagarika urubanza, Kizza Besigye na Hajji
Obeid Lutale bakomeje gufungwa by'agateganyo mu gihe iburanisha rikomeje.
Biteganyijwe ko urukiko ruzakomeza kumva impande zombi mbere yo gufata
umwanzuro wa nyuma uzagena niba abo baregwa bahamwa n'ibyaha cyangwa bagirwa
abere.
Urubanza rwa
Kizza Besigye rukomeje gukurikiranwa n'abaturage ba Ouganda ndetse n'imiryango
mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu, bitewe n'uko Besigye ari umwe
mu banyapolitiki bamaze imyaka myinshi bahanganye n'ubutegetsi bwa Perezida
Museveni, akaba yarigeze no kwiyamamariza umwanya w'umukuru w'igihugu inshuro
nyinshi.
Like This Post? Related Posts