• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Muri Ouganda, kuri uyu wa Mbere hatangiye urubanza rw'umunyapolitiki utavuga rumwe n'ubutegetsi, Kizza Besigye, nyuma y'uko Urukiko Rukuru rwa Kampala rwatesheje agaciro ubusabe bwe bwo guhagarika ibirego aregwamo byo kugambanira igihugu. Besigye aburana hamwe na **Hajji Obeid Lutale>, na we ukurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n'uwo mugambi.

Icyemezo cy'Urukiko Rukuru cyafashwe nyuma yo gusuzuma ubusabe bwa Besigye, wasabaga ko urubanza rutangira gusa habanje gusuzumwa niba uburyo yafashwemo, afungwa akanashyikirizwa inkiko bwari bukurikije amategeko. Urukiko rwavuze ko ubwo busabe nta shingiro bufite kandi ko bwari bugamije gutinza urubanza, bityo rutegeka ko iburanisha rikomeza nk'uko byari biteganyijwe.

Besigye na Lutale baregwa ibyaha byo kugambanira igihugu no kutamenyekanisha umugambi wo kugambanira igihugu. Icyakora, bombi bahakana ibyo baregwa, bakavuga ko uburenganzira bwabo bw'ibanze bwahonyowe kuva bafatwa kugeza bagejejwe imbere y'inkiko.

Mu bisobanuro batanze binyuze ku banyamategeko babo, bavuga ko bafashwe mu buryo bunyuranyije n'amategeko, bagakorerwa iyicarubozo, bagafungwa igihe kirekire badafatirwa imyanzuro yemewe n'amategeko, ndetse bagakomeza gukurikiranwa mu rubanza rwangijwe n'amagambo yatangajwe ku mugaragaro n'Umugaba Mukuru w'Ingabo za Ouganda, Muhoozi Kainerugaba, akaba ari umuhungu wa Perezida **Yoweri Kaguta Museveni>.

Abo baregwa bavuga kandi ko ku wa 16 Ugushyingo 2024 bashimuswe i Nairobi muri Kenya n'abakekwaho kuba abasirikare ba Ouganda, mbere yo kujyanwa iwabo mu buryo bavuga ko bunyuranyije n'amategeko mpuzamahanga n'ay'imbere mu gihugu. Basaba urukiko kwemeza ko iryo shimutwa ryabaye mu buryo butemewe n'amategeko, bityo n'ibyakurikiyeho byose, birimo ibirego n'iburanisha, bikaba byateshwa agaciro.

Ku ruhande rw'Ubushinjacyaha, buvuga ko bufite ibimenyetso bihagije bishimangira ibyo burega. Bwavuze ko Besigye na Lutale bagiranye inama mu bihugu bitandukanye bagamije gushaka inkunga y'amafaranga, kubona intwaro no gutegura ibikorwa byo guhungabanya ubutegetsi bwa Ouganda.

Ubushinjacyaha buvuga ko ibimenyetso bufite birimo amajwi yafashwe, ubutumwa bwanditse, inyandiko z'ingendo ndetse n'ibindi byegeranyo byakusanyijwe mu iperereza, bikaba byerekana ko abo bagabo bagize uruhare mu mugambi wo guhungabanya umutekano w'igihugu.

Icyakora, uruhande rw'abaregwa ruvuga ko ibyo birego bifite inyungu za politiki, rugashinja ubutegetsi gukoresha ubutabera mu gucecekesha abatavuga rumwe na bwo. Abunganizi babo bavuga ko abakiliya babo bakwiye kuburanishwa mu bwisanzure kandi bakarenganurwa hashingiwe ku mategeko aho gushingira ku nyungu za politiki.

Nyuma y'uko urukiko rwanga ubusabe bwabo bwo guhagarika urubanza, Kizza Besigye na Hajji Obeid Lutale bakomeje gufungwa by'agateganyo mu gihe iburanisha rikomeje. Biteganyijwe ko urukiko ruzakomeza kumva impande zombi mbere yo gufata umwanzuro wa nyuma uzagena niba abo baregwa bahamwa n'ibyaha cyangwa bagirwa abere.

Urubanza rwa Kizza Besigye rukomeje gukurikiranwa n'abaturage ba Ouganda ndetse n'imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu, bitewe n'uko Besigye ari umwe mu banyapolitiki bamaze imyaka myinshi bahanganye n'ubutegetsi bwa Perezida Museveni, akaba yarigeze no kwiyamamariza umwanya w'umukuru w'igihugu inshuro nyinshi.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments