Nibura abantu
11 bahitanywe n'inkongi y'umuriro, mu gihe abandi 19 bakomerekeyemo, nyuma
y'uko ijoro ryo ku wa 15 rishyira ku wa 16 Nyakanga inkongi yibasiye Fondation
de l'Enfance Assistée, ikigo cyita ku bana b'imfubyi giherereye mu gace ka El-Mohammadia,
mu burasirazuba bw'umujyi wa Alger, umurwa mukuru wa Algeria.
Nk'uko
byatangajwe n'Urwego rwa Algeria rushinzwe ubutabazi no kuzimya inkongi
z'umuriro , iyi nkongi yadutse ahagana saa cyenda z'ijoro bituma abatabazi bahita bahamagazwa kugira ngo
bazimye umuriro kandi bakure abantu mu nyubako zari zafashwe n'inkongi.
Abashinzwe
ubutabazi bakoze ibikorwa byo kuzimya umuriro no gutabara abari bagifatiwe
imbere muri icyo kigo, ariko kugeza mu gitondo cyo ku wa Kane ibikorwa byo
kuzimya umuriro byari bigikomeje.
Kugeza ubu,
ubuyobozi bwa Algeria ntiburatangaza imyaka y'abahitanywe n'iyi nkongi cyangwa
inkomoko yayo. Hatangajwe ko iperereza ryatangiye kugira ngo hamenyekane
icyateye iyo mpanuka n'uko yatangiye.
Mu gihe iyi
nkuru y'incamugongo yatangazwaga, Perezida wa Algeria, Abdelmadjid Tebboune,
yari mu ruzinduko rw'akazi mu Budage. Yihanganishije imiryango yabuze abayo,
ubutumwa bwe bukaba bwaratangajwe n'Ikigo cy'Igihugu cy'Amakuru cya Algeria
(APS).
Ku ruhande
rwe, Minisitiri w'Intebe wa Algeria, Sifi Ghrieb, yasuye ibitaro bitandukanye
byakiriye abakomeretse, birimo Ibitaro byita ku bantu bakomeretse bikabije
n'inkongi (Hôpital des Grands Brûlés) biherereye i Zeralda, ndetse n'Ibitaro
bya Mustapha-Bacha biri mu mujyi wa Alger. Muri urwo ruzinduko, yaganiriye
n'abarwayi, abaganga ndetse n'imiryango y'abibasiwe n'iyi mpanuka.
Iyi nkongi
yateje agahinda gakomeye muri Algeria, aho abaturage n'abayobozi bakomeje
gusaba ko hakorwa iperereza ryimbitse kugira ngo hamenyekane icyayiteye, ndetse
hafatwe ingamba zo kurushaho kurinda umutekano w'abana baba mu bigo bibitaho no
gukumira impanuka nk'izi mu gihe kiri imbere.
Like This Post? Related Posts