Ikigo cyita ku barwayi ba Ebola (ETC) giherereye i Nyankunde, muri Teritwari ya Irumu mu Ntara ya Ituri, cyagabweho igitero n'abantu bitwaje intwaro ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki ya 15 Nyakanga 2026, ibintu byateje ubwoba mu bakozi b'ubuzima n'abarwayi bari bahari.
Amakuru atangazwa n'abaturage bo muri ako gace avuga ko amasasu yabanje
kumvikana mbere y'uko abagabye igitero berekeza ku kigo cyita ku barwayi ba
Ebola. Nubwo hari amakuru akeka ko iki gitero cyakozwe n'inyeshyamba zo mu
mutwe wa FPIC, ubuyobozi ntiburabyemeza ku mugaragaro.
Bivugwa ko umwe mu bakekwaho kuba mu bagabye igitero yakomerekejwe
n'amasasu. Mu gihe yari ajyanywe kuvurirwa ku Kigo cy'Ubuvuzi cya Centre
Médical Évangélique (CME), bagenzi be ngo bagabye igitero ku kigo cya Ebola,
babanza kugitera amabuye mbere yo kukinjiramo.
Abatangabuhamya bavuga ko iki gitero cyateje umutekano muke, bituma
abaganga n'abarwayi bahunga bajya kwihisha. Umwe mu bakozi b'ubuzima yavuze ko
yagize ubwoba bwinshi, agaragaza ko yumvaga ubuzima bwe buri mu kaga.
Kugeza ubu, nta mubare wemejwe w'abaguye cyangwa abakomeretse muri icyo
gitero uratangazwa n'inzego z'ubuyobozi cyangwa iz'umutekano, mu gihe iperereza
ku byabaye rigikomeje.
Abashinzwe ubuzima bagaragaza impungenge ko guhungabana kw'ibikorwa
by'ikigo bishobora kugira ingaruka ku kwita ku barwayi ba Ebola no kongera
ibyago byo gukwirakwira kw'iki cyorezo.
Mu itangazo yashyize hanze, umunyapolitiki utavuga rumwe n'ubutegetsi
bwa RDC, Moïse Bafwa, yamaganye icyo gitero, asaba inzego zibishinzwe kongera
umutekano ku kigo cya Nyankunde, kurinda abaturage n'abakozi b'ubuzima, no
gukomeza ibikorwa byo kurwanya icyorezo cya Ebola.