• Imyidagaduro / ABAHANZI

Irenge Christian n’umugore we Uwankusi Linda, uzwi nka Lynda Priya muri sinema nyarwanda, basabye imbabazi nyuma y’ikiganiro bagiranye ku muyoboro wabo wa YouTube, cyavugiwemo amagambo yakomerekeje bamwe mu bakobwa n’abagore babyariye iwabo.

Iki kiganiro cyaje gikurikira umwuka mubi wari umaze iminsi ugaragara ku mbuga nkoranyambaga, aho muramukazi wa Lynda, Nkusi Queen, na we yari yavuze ku makimbirane yari amaze kuvugwamo umuryango wabo.

Mu kiganiro cya Christian na Lynda, hari aho bagarutswe ku mvugo bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga basanze isuzugura abagore n’abakobwa babyariye iwabo, cyane cyane abatari barashyingiwe.

Amagambo yavuzwe yateje bamwe kubabara no kuyamagana, bavuga ko ashobora gutera ipfunwe no gutesha agaciro abagore banyuze muri iyo nzira y’ubuzima.

Nyuma y’ibitekerezo byakomeje gutangwa, Christian na Lynda basangije ubutumwa ku rukuta rwabo rwa Instagram basaba imbabazi buri wese waba yarakomerekejwe n’amagambo yavugiwe muri icyo kiganiro.

Bavuze ko ibyo bavuze babikoreshejwe n’umujinya, ariko ko batari bakwiye gukoresha imvugo ishobora kubabaza cyangwa gutesha agaciro abandi.

Mu butumwa bwa Christian yagize ati "Ku bakunzi banjye bose, umuryango, Team C na Team L ndetse n’abashyigikira umuryango wacu, ndabasaba imbabazi mbikuye ku mutima ku mashusho yacu aheruka ndetse n’amagambo twakoresheje ubwo twasubizaga umuntu wari wibasiye umuryango wacu.”

Yakomeje agira ati “Twavugaga tubitewe n’uburakari n’umujinya, ariko ibyo ntibisobanura cyangwa ngo bitume amagambo mabi twakoresheje aba ayemewe. Ndemera inshingano kandi mbasabira imbabazi mbikuye ku mutima ku muntu uwo ari we wese ushobora kuba yarababajwe.”

Aba bombi basabye imbabazi mu gihe ikibazo cyabo n’umuryango wa Lynda cyari kimaze iminsi kivugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho impande zitandukanye zakomeje gutanga ibitekerezo ku magambo yavuzwe n’abagize uwo muryango.

Christian na Lynda bazwi cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho bakunze gusangiza abakurikira babo amashusho y’imyidagaduro, cyane cyane Prank zishingiye ku buzima bwabo bwa buri munsi.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments