• Imyidagaduro / ABAHANZI

Nyuma y'imyaka ibiri basezeranye imbere y'amategeko, Kimenyi Yves na Muyango batangiye kuburana gatanya

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Kanama 2026, umunyezamu Kimenyi Yves na Uwase Muyango Claudine bari mu rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, aho batangiye inzira yo gutandukana byemewe n’amategeko.

 Uru rubanza rwabereye mu muhezo aho umucamanza atemereye abandi bantu kwinjira mu cyumba cy’iburanisha.

 Abitabiriye iburanisha bavuga ko ryamaze iminota micye cyane, nyuma y’uko bombi baganiriye mbere y’uko umucamanza yinjira.

 Kimenyi na Muyango bari bamaze igihe bivugwa ko batakibana nubwo mu rukiko bagaragaye bicaranye baganira.

 Aba bombi batangiye gukundana mu 2019 babyarana umuhungu witwa Kimenyi Miguel Yanis mu 2021 mbere yo gusezerana imbere y’amategeko no gukora ubukwe muri Mutarama 2024.

 Muyango yabaye Miss Photogenic muri Miss Rwanda 2019 mu gihe Kimenyi Yves ari umunyezamu wakiniye amakipe arimo APR FC, Rayon Sports, Kiyovu Sports na AS Kigali, ndetse akaba n'umuzamu w'ikipe y’igihugu Amavubi.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments