• Imyidagaduro / IBITARAMO

 Itorero Inganzo Ngari ryataramiye abitabiriye igiterane All Women Together 2026, kimaze iminsi itatu kibera  muri BK Arena, mu Mujyi wa Kigali.

Iki giterane cyateguwe na Women Foundation iyoborwa na Apotré Migone Kabera, mu rwego rwo guhuriza hamwe abagore baturutse mu bihugu bitandukanye kw’isi n’abandi bitabiriye gahunda igamije kubaka ubufatanye, guteza imbere ubushobozi bw’abagore no gushimangira uruhare rwabo mu iterambere ry’umuryango n’igihugu.

Mu myiyereko yabo, abagize Itorero Inganzo Ngari berekanye imbyino n’indirimbo gakondo nyarwanda, basusurutsa abitabiriye iki giterane ndetse bagaragaza ubwiza n’ubukungu bw’umuco nyarwanda.

Imbyino zabo zakiriwe n’amashyi n’impundu by’abitabiriye, aho benshi bagaragaje ko ari umwanya mwiza wo kwishimira umuco nyarwanda mu gihe cy’igikorwa cyahuje abagore baturutse mu nzego n’ibice bitandukanye.

All Women Together 2026 kandi yabaye urubuga rwo kuganira ku ruhare rw’umugore, ubuyobozi, kwihangira imirimo, ubufatanye n’izindi ngingo zigamije kuzamura imibereho n’amahirwe y’abagore.

Itorero Inganzo Ngari ryongeye kugaragaza ko ubuhanzi n’umuco ari bimwe mu bikoresho bikomeye byo guhuza abantu, gusigasira umurage nyarwanda no kugeza ubutumwa bwiza ku bantu mu buryo bushimisha kandi bukurura benshi.

Mu kiganiro  na BTN Rwanda  Serge Nahima Umuyobozi w’Itorero Inganzo Ngari yadutangarije  imbamutima z’abagize iryo torero nyuma yo gutaramira abitabiriye All Women Together 2026

 Yagize byari ibyagaciro cyane  kuba twaratumiwe muri kiriya giterane kuko nabo ubwabo ari ari abakristu kandi bakunda gusenga nubwo  itorero  ryose abarigize  basengera mu madini atandukanye ariko bose bagahuhira ku kwemera Imana ndetse no muri gahunda  bagira mu buzima busanzwe  bagira na gahunda yo gusenga .

Yakomeje agira ati’ ikindi cyiza cyabashimishije si uko bagiye bagiye kwitabira kiriya giterane bagiye kubyina gusa ahubwo harimo no kumva ijambo ry’Imana ukabyina tunashima impano yaduhaye  yo gususurutsa abakunzi b’itorero

Tumubajije kuri Gahunda Itorero Ingazo Ngari rifiteye abakunzi  baryo nyuma yuko bamaze igihe  badatarama  Serge yatubwiye ko baticaye kuko ubu bari mu myiteguro y’igitaramo cyo kwizihiza Imyaka 20 Itorero Inganzo ngari rimaze  riteza imbere umuziki gakondo bise Umurage w’intore  kizaba tariki 21 Ugushyingo 2026 muri BK ARENA ,bakaba basaba abakunzi babo  bo kuzakitabira ari benshi cyane kuko babahishiye byinshi cyane ,

 













Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments