Ishyaka riri ku butegetsi muri Tanzania, Chama Cha Mapinduzi (CCM), ryatoranyije Minisitiri w’Ingufu, Deogratius John Ndejembi, nk’umukandida waryo ku mwanya wa Visi Perezida wa Tanzania, nyuma y’iyegura rya Dr. Emmanuel John Nchimbi.
Icyemezo cyafashwe ku wa Gatatu tariki ya 26 Kanama 2026, mu nama z’inzego nkuru za CCM zabereye i Dar es Salaam ziyobowe na Perezida Samia Suluhu Hassan. Umunyamabanga Mukuru wa CCM, Asha-Rose Migiro, ni we watangaje ko Ndejembi yemejwe nk’umukandida w’ishyaka ku mwanya wa kabiri ukomeye mu gihugu.
Ndejembi, ufite imyaka 43 y'amavuko, ni Depite wa CCM uhagarariye Chamwino kandi kugeza ubu yari Minisitiri w’Ingufu. Mbere y’uwo mwanya, yakoze mu myanya itandukanye muri Guverinoma, harimo kuba Minisitiri wungirije ndetse no kuyobora izindi nshingano za Leta.
Yaba Visi Perezida nyuma yo kwemezwa n’Inteko Ishinga Amategeko
Nubwo CCM yamushyizeho nk’umukandida wayo, Ndejembi ntarahita aba Visi Perezida. Izina rye rigomba gushyikirizwa Inteko Ishinga Amategeko ya Tanzania, ikaryemeza hakurikijwe inzira ziteganywa n’Itegeko Nshinga. Nyuma yo kwemezwa, ni bwo hazakurikira imihango yo kumurahiza.
Dr. Emmanuel John Nchimbi yeguye nyuma y’amezi atarenga 10
Iri hinduka rije nyuma y’uko Dr. Emmanuel Nchimbi atangaje ko yeguye ku mwanya wa Visi Perezida ndetse akava muri politiki no mu mirimo ya Leta. Perezida Samia Suluhu Hassan yemeye ubwegure bwe, buzagira agaciro guhera ku wa 04 Nzeri 2026.
Nchimbi yari yararahiriye kuba Visi Perezida ku wa 3 Ugushyingo 2025, nyuma yo kuba umukandida wungirije wa Perezida Samia mu matora ya Perezida yabaye ku wa 29 Ukwakira 2025. Yavuze ko yafashe icyemezo cyo kuva ku mwanya nyuma yo kubona ko Perezida Samia ashaka ko habaho impinduka ku mwanya wa Visi Perezida.
CCM yanirukanye Dr. Emmanuel John Nchimbi
Mu nama yayo yo ku wa Gatatu, CCM yanatangaje ko yirukanye Nchimbi mu ishyaka. Umunyamabanga Mukuru Asha-Rose Migiro yavuze ko komite nkuru y’ishyaka yasuzumye ibirego birebana n’imyitwarire ye ndetse igasanga hari ibyo yise kurenga ku mategeko n’amabwiriza bya CCM.
Iri hinduka rishyize Ndejembi mu mwanya wo kuba umwe mu banyapolitiki bakiri bato bashobora gufata umwanya ukomeye cyane muri Tanzania.
Naramuka yemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko, azasimbura Nchimbi ku mwanya wa Visi Perezida kandi akomeze gukorera muri Guverinoma iyobowe na Perezida Samia Suluhu Hassan.
Ishyaka rya CCM ryatoranyije Minisitiri w’Ingufu, Deogratius Ndejembi nk’umukandida ku mwanya wa Visi Perezida
Like This Post? Related Posts