• Amakuru / POLITIKI

Eng. Uwihanganye Jean de Dieu, umunyarwanda wagiye akora imirimo itandukanye ikomeye irimo kuba mu buyobozi bwa Leta no guhagararira u Rwanda mu mahanga, yagizwe Umuyobozi ushinzwe guteza imbere ubucuruzi no gushaka amahirwe mashya mu masoko akizamuka muri Raffles Family Office (RFO), ikigo mpuzamahanga gikora mu micungire y'umutungo, ishoramari n'ubujyanama ku miryango ifite umutungo munini.

Iri shyirwaho ryatangajwe ku wa 8 Nzeri 2026, aho Raffles Family Office yavuze ko Uwihanganye azibanda ku guteza imbere ibikorwa byayo ku masoko akizamuka, by'umwihariko mu mikorere n'ishoramari rihuza Afurika na Aziya. Azakorera i Hong Kong kandi azajya atanga raporo ku Muyobozi Mukuru w'iki kigo, Chi Man Kwan.

Uyu mwanya mushya ni inshingano nshya yashyiriweho by'umwihariko, mu gihe Raffles Family Office ikomeje kwagura ibikorwa byayo no gushaka amahirwe mashya y'ishoramari ku mugabane wa Afurika.

Mu nshingano ze nshya, Uwihanganye azagira uruhare mu gushaka no guteza imbere amahirwe y'ubucuruzi n'ishoramari hagati ya Afurika n'Aziya.

Raffles Family Office ivuga ko Afurika ari isoko rifite amahirwe akomeye mu myaka iri imbere, bitewe n'ubwiyongere bw'abaturage, cyane cyane urubyiruko, ndetse n'ubwiyongere bw'ubukungu n'amahirwe ari muri Afurika.

Ikigo kivuga ko Afurika ishobora kuzagira abaturage bagera kuri miliyari 2.5 mu 2050, mu gihe isoko rimwe ry'ubucuruzi rishingiye ku masezerano y'ubucuruzi bw'Afurika, AfCFTA, rihuza abantu barenga miliyari imwe kandi rifite ubukungu bugera kuri tiriyari 3.4 z'amadolari ya Amerika.

Ni muri urwo rwego RFO ibona ko hakenewe uburyo buhamye bwo guhuza igishoro cyo muri Aziya n'amahirwe ari ku mugabane wa Afurika.

Raffles Family Office yashimye ubunararibonye Uwihanganye afite mu nzego zitandukanye, aho amaze imyaka irenga 15 akora mu bijyanye n'ubuyobozi bwa Leta, ishoramari, ubucuruzi mpuzamahanga ndetse na dipolomasi.

Mbere yo kujya muri RFO, Uwihanganye yari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ibikorwaremezo mu Rwanda. Yagiye kandi ahagararira u Rwanda mu bihugu bitandukanye bya Aziya n'inyanja ya Pasifika, aho yabaye High Commissioner w'u Rwanda muri Singapore, Australia, New Zealand na Brunei, ndetse aba Ambasaderi mu Indonesia.

Ubunararibonye bwe muri Aziya ni kimwe mu byitezwe ko bizamufasha muri uyu mwanya mushya, kuko azaba ashinzwe cyane cyane guteza imbere umubano w'ishoramari hagati y'uturere tubiri.

Mu gihe yari ahagarariye u Rwanda muri Aziya, Uwihanganye yagize uruhare mu gitekerezo no gutangizwa kwa Inclusive FinTech Forum, ihuriro ryibanda ku ikoranabuhanga mu by'imari.

Raffles Family Office ivuga ko iri huriro ryaje kuba rimwe mu mahuriro akomeye ku rwego mpuzamahanga ahuza abari mu rwego rw'imari n'ikoranabuhanga.

Ikindi cy'ingenzi ku bunararibonye bwe muri dipolomasi ni uko Uwihanganye yabaye Dean w'itsinda ry'Ambasaderi b'ibihugu bya Afurika muri Singapore, aho yahagarariye ibihugu 54 bya Afurika mu biganiro n'abari mu bucuruzi n'ishoramari muri Aziya-Pasifika.

Ibi byatumye agira ubunararibonye bwihariye mu guhuza abashoramari, abayobozi n'inzego z'ubucuruzi zo ku migabane yombi.

Umuyobozi Mukuru wa Raffles Family Office, Chi Man Kwan, yavuze ko bishimiye kwakira Uwihanganye muri iki kigo, ashimangira ko Afurika ifite ubushobozi bukomeye kurusha uko benshi babibona.

Yagaragaje ko kugira abantu basobanukiwe neza impande zombi z'umubano wa Afurika na Aziya ari ingenzi mu gufasha abantu kubona amahirwe ari muri uwo mubano.

RFO ivuga ko Uwihanganye azafasha mu kubaka no guteza imbere ibikorwa byayo mu karere ka Afurika, cyane cyane mu bijyanye n'ishoramari, imicungire y'umutungo n'ubucuruzi bwambukiranya imipaka.

Mu magambo ye nyuma yo guhabwa uyu mwanya, Uwihanganye yavuze ko Afurika na Aziya bigenda birushaho kugira uruhare mu kwandika igice gikurikira cy'iterambere ry'ubukungu bw'Isi.

Yagaragaje ko igishoro cy'imiryango ifite umutungo, iyo gikoreshejwe neza kandi mu buryo burambye, gishobora kuba ikiraro gikomeye gihuza Afurika na Aziya.

Uyu mwanya uzamufasha kandi gufasha imiryango y'abanyafurika kubona serivisi mpuzamahanga zo gucunga umutungo no gutegura umurage w'imiryango, mu gihe abashoramari bo muri Aziya no ku rwego mpuzamahanga bazashobora kubona uburyo bwubakitse neza bwo gushora imari muri Afurika.

Nubwo inshingano Uwihanganye yahawe zitareba u Rwanda gusa, ubunararibonye afite mu gihugu no muri Aziya bushobora gutuma agira uruhare mu guteza imbere imikoranire y'ishoramari hagati y'ibihugu bya Afurika n'ibya Aziya.

Kuba RFO yamushyize ku mwanya uzibanda ku masoko akizamuka n'iterambere ry'ubucuruzi, ndetse akorera i Hong Kong, bituma uyu mwanya uba ingenzi mu rwego rwo guhuza abashoramari bo mu bice byombi.

Ku ruhande rwa RFO, iri shyirwaho rishimangira umugambi wo kwagura ibikorwa byayo muri Afurika, mu gihe Afurika nayo ikomeje gushaka igishoro mpuzamahanga cyo gufasha mu iterambere ry'inganda, ikoranabuhanga, ibikorwa remezo n'izindi nzego z'ubukungu.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments