Perezida wa
Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Kabiri yasuye Inzu Ndangamurage
y’Imibavu (Museum of the Frankincense Land), iherereye mu gace ka Al Baleed
Archaeological Park mu mujyi wa Salalah, ahantu ndangamateka hashyizwe ku
rutonde rw’Umurage w’Isi wa UNESCO.
Muri uru
ruzinduko, Perezida Kagame yasuye ibyumba bibiri by’ingenzi bigize iyi nzu
ndangamurage. Ni Maritime Hall, igaragaza amateka y’ubucuruzi n’ingendo byo mu
nyanja, ndetse na History Hall, igaragaza amateka y’akarere n’umuco
w’abahatuye.
Inzu
Ndangamurage y’Imibavu igaragaza amateka y’uruhare umubavu wagize mu buzima
n’ubucuruzi bw’abaturage bo mu gace ka Dhofar, aho Salalah iherereye. Ubu
bucuruzi bwagize uruhare mu guhuza aka gace n’ibindi bice by’Isi kuva mu bihe
bya kera.
Nyuma yo
gusura inzu ndangamurage, Perezida Kagame yakomereje uruzinduko rwe kuri Razat
Royal Farm, isambu y’Umwami iherereye muri Salalah.
Iyi sambu
ikorerwamo ibikorwa bitandukanye by’ubuhinzi n’ubworozi. Yororerwamo amatungo
atandukanye, amafarasi n’inyoni, ndetse hanaboneka inyamaswa zo mu gasozi.
Hari kandi
imirima ihingwamo imbuto n’imboga, hamwe n’ibiti bitandukanye birimo ibiti by’imibavu
bya kera, bizwi cyane muri aka karere.
Razat Royal
Farm ifite kandi uruhare mu kongera umusaruro w’ubuhinzi, ndetse ikaba ahantu
hafasha abaturage n’abashyitsi gusobanukirwa ibikorwa by’ubuhinzi, ubworozi no
kubungabunga ibidukikije.
Iyi sambu
kandi ikoreshwa mu bukerarugendo bushingiye ku buhinzi, aho abantu bayisura
bakamenya byinshi ku buhinzi, ubworozi, ibimera n’uburyo ibikorwa by’ubuhinzi
bishobora guhuzwa n’ubukerarugendo.
Salalah ni
umwe mu mijyi izwi cyane muri Oman kubera amateka yayo ajyanye n’imibavu. Aka
gace ka Dhofar kamaze imyaka myinshi kazwiho gutanga imibavu yakoreshwaga mu
bice bitandukanye by’Isi.
Al Baleed
Archaeological Park, ahaherereye inzu ndangamurage Perezida Kagame yasuye, ni
hamwe mu hantu hagaragaza ayo mateka y’ubucuruzi n’imikoranire hagati y’abantu
bo mu turere dutandukanye.
Uruzinduko
rwa Perezida Kagame muri ibyo bice rwamuhaye amahirwe yo kumenya amateka
n’umurage ndangamuco wa Salalah, ndetse no kureba ibikorwa by’ubuhinzi
n’ubukerarugendo bikorwa muri aka gace ka Oman.