Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph, yatangaje ko abanyeshuri 1,097 bakopeye ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2025/2026 batazongera guhabwa amahirwe yo kubisubiramo.
Ibi yabigarutseho kuri uyu wa 11
Nzeri 2026, ubwo hatangazwaga amanota y’abanyeshuri 108,405 bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri
yisumbuye.
Minisitiri Nsengimana yavuze ko
aba banyeshuri bakopeye babizi, bityo ko batagomba kugereranywa n’abanyeshuri
bo mu mashuri abanza bagaragayeho gukoperezwa n’abantu bakuru.
Mu bizamini bya Leta bisoza
amashuri abanza by’umwaka wa 2025/2026, abanyeshuri 7,188 ni bo byagaragaye ko bakopejwe. Iperereza
ryagaragaje ko bamwe muri bo bari barakoreshejwe cyangwa bafashijwe gukopera
n’abantu bakuru.
Bamwe mu bakekwaho kugira uruhare
mu gukopeza abo banyeshuri, barimo n’abayobozi bo mu nzego z’ibanze, barafashwe
ndetse bakurikiranwa n’ubutabera mu gihe iperereza rikomeje.
Kubera ko abo banyeshuri bo mu
mashuri abanza bari bato kandi bikagaragara ko hari abantu bakuru babafashije
gukopera, hafashwe icyemezo cyo kubaha andi mahirwe. Basubiyemo ibizamini bya
Leta kuva ku wa 2 kugeza ku wa 4 Nzeri 2026.
Amanota y’abanyeshuri basubiyemo
ibyo bizamini yatangajwe kuri uyu wa 11 Nzeri 2026.
Minisitiri w’Uburezi yasobanuye ko
iki cyemezo cyo guha abanyeshuri bo mu mashuri abanza andi mahirwe kitazagirwa
umuco, ndetse ko kitazakoreshwa ku banyeshuri bakopeye ibizamini bisoza
amashuri yisumbuye.
Ati: “Muri iki cyiciro cy’abantu barangiza amashuri yisumbuye, mu by’ukuri
ntabwo ari impinja, ni abantu bazi icyo bakora.”
Yakomeje avuga ko abarangiza
amashuri yisumbuye baba bitegura gukomeza muri kaminuza cyangwa kwinjira ku
isoko ry’umurimo, bityo bakaba bagomba kubazwa ibyo bakoze.
Minisitiri Nsengimana yagize ati: “Bagomba kubazwa ibyo bakoze, ntabwo bo ayo mahirwe bazayabona.”
Yongeye gushimangira ko icyemezo
cyo guha abanyeshuri bo mu mashuri abanza andi mahirwe cyafashwe ku nshuro imwe
gusa, kandi ko Leta idashaka ko gukopera ibizamini cyangwa gufasha abanyeshuri
gukopera bihinduka umuco.
Minisitiri Nsengimana kandi yavuze ko abanyeshuri bakopeye
ibizamini bya Leta, kimwe n’abantu babafashije gukopera, bazakomeza guhanwa
hakurikijwe amabwiriza agenga ibizamini bya Leta.