Mu Mudugudu wa Gakamba, Akagari ka
Gakamba, haravugwa inkuru y’umukobwa w’imyaka 14 n’umuhungu w’imyaka 16 bavuga
ko babana nk’umugore n’umugabo, nubwo bombi bakiri abana.
Aba bana bavuga ko bakundana kandi
ko bifuje gukomeza kubana, basaba ko batatandukanywa ahubwo bagahabwa
uburenganzira bwo gukomeza kubana kubera urukundo bavuga ko bafitanye.
Amakuru avuga ko uyu mukobwa
w’imyaka 14 amaze igihe aba muri uru rugo hamwe n’uyu muhungu w’imyaka 16, aho
bamwe batangiye kumwita umugore nubwo bombi batagejeje ku myaka yemewe
n’amategeko yo gushyingirwa.
Ku rundi ruhande, umuyobozi
w’ishuri ribanza aba bana bigagamo avuga ko atabafata nk’abarangije amashuri
cyangwa abantu bagomba gushinga ingo, ahubwo ko akibategereje nk’abanyeshuri.
Uyu muyobozi avuga ko aba bana
bakwiye gukomeza amashuri yabo, kuko kuba bakiri bato bituma uburezi bwabo
bugomba gushyirwa imbere.
Ibindi wabireba muri iyi Video