• Imyidagaduro / ABAHANZI

 Itsinda rya Vestine na Dorcas ni rimwe mu matsinda akora  umuziki wo kuramya no guhimbaza  hano mu Rwanda ndetse no hanze yarwo nyuma yaho Umukuru arushingiye yagize icyo yibwirira umuvandimwe we amugira inama yo kutazihutira gushaka

Aba bomi basanzwe  babarizwa  muri MIE Empire  iyoborwa na Murindahabi Irene ubwo  bari mu kiganiro nawe ku rubuga rwa Youtube aho bageze bakaganira ku rugo rwa Mukuru we .

Vestine mu gisubizo cye yirinze kuvuga byinshi ariko avuga  ko ari ibintu byabanje  kumugora cyane kuko byari ibintu atamenyereye  gusa atahita yihutira gutangariza abantbyinshi ku buzima bwo mu rugo uko bwifasheko yaba agiye kwingira umuntu w’Inzobere mu bijyanye n’urugoariko ashimira  Imana ko kugeza ubu urugo rumeze neza

 Muri icyo kiganiro niho  yahereye agira inama Murumuna we Dorcas amuuza kutazihutira gushaka kare akiri muto .

Ati "Mwana wanjye [Dorcas] ntuzashake ukiri muto cyane, uzabe uretse. uramutse ushatse ukiri muto nagucira inkoni nkagukubita. Njye byari umugambi w’Imana."

Kamikazi Dorcas yavuze ko nyuma y’uko umuvandimwe we ashatse, kwiyakira byaramunanite yibaza uko agiye kubaho batari kumwe biramunanira.

Ngo ubukwe bukimara kuba yahise ajya ku ishuri kuko yari mu bandi yumvaga nta kibazo, byose byangiritse ubwo yari agarutse avuye ku ishuri, no kurya byaranze ngo ategereje Vestine.

Ati “Dore ngo mveyo! Mama ni we wabibabwira. Yageraga aho akavuga ngo ‘sinjya ku meza utari waza. Kurya byari byananiye, ntabwo mwabyumva. Ni umuntu twakuranye kuva kera noneho yari ameze nka mama wanjye muto. Ni umuntu wanyitagaho, naba ntari kurya akambaza impamvu, akanantera imbaraga.”

Yakomeje agira “Nagize agahinda gakabije ku buryo namuhamagaye saa Cyenda z’Ijoro, Mama yaza kundaza nkamubwira ngo ahamagare Vestine ndamushaka. Byageze aho nkajya nanga no kujya iwe kuko ndishyiramo ko turi kumwe kandi tutari kumwe. Namaze nk’ukwezi ntishima, byaranze.

 Ubu ndi kurya kuko ndi iwe, kuko Mama yarambwiye ngo ‘jya iwe kugira ngo ubashe kurya.’ Nakoresheje n’imiti ariko biranga.”

Vestine na Dorcas ubu bamaze kugera mu gihugu cya Canada aho bazataramira hagati y’itariki ya 18 Ukwakira n’iya 15 Ukwakira 2025.

Ni ibitaramo bine birimo icyo mu Mujyi wa Vancouver muri Sonset Church,Winnipeg muri Riverwood Church, Regina muri Parliament Community Church na Edmonton muri People’s Church.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments