• Amakuru / MU-RWANDA


Umusaza witwa Habimana Emmanuel ufite imyaka 65 y’ubukuru akurikiranyweho icyaha cyo guhohotera umwana w’imyaka 13 yareraga amusambanya ku gahato nyuma y’aho bari bajyanye kwahira ubwatsi bw’inka.

Byabereye mu mudugudu wa Rwasaburo, mu kagari ka Musya Umurenge wa Rurenge akarere ka Ngoma ku wa 02 Ugushyingo 2025.

Amakuru atangwa n’abatuye muri aka gace avuga ko uyu musaza yabanaga na nyina w’uyu mwana nk’umugabo n’umugore aho ngo bari baracumbikiwe mu nzu bagatungwa n’ubuhinzi bakoreraga mu masambu y’uwabacumbikiye ariko bakamwishyura kumwororera inka.

Mama w’uyu mwana wafashwe yavuze ko ubwo uyu musaza yari azindutse agiye mu kazi ke k’ubuhinzi no kwahirira inka y’uyu wabacumbikiye we yari yaramutse ngo atameze neza noneho ngo ni bwo uyu mugabo yahisemo kumusaba kumuha umwana ngo abe ari we bajyana undi nawe arabimwemerera.

Umwana ubwe yabwiye itangazamakuru ryacu ko “Ubwo bari basoje akazi ko guhinga uyu mugabo yagiye kwahirira inka ngo batahe hanyuma ajya mu gihuru, hashize akanya arampamagara ngo nze agire icyo anywereka musangayo ampereza nanjoro ngo nanjye ninahire ubwatsi maze nunamye anturuka inyuma ahita ambirindurira hasi atangira kubikora, ngerageje kuvuza induru amfata umunywa mubwira ko nza kubibwira mama nawe arabimbuza ngo arangurira bombo.”

Uyu mwana akomeza avuga ko ubwo bari bageze mu rugo yabanje kwanga kubibwira nyina uwo mugabo agihari maze bategereza agiye kwishyuza amafaranga ahantu abona kubibwira nyina.

Nyina nawe ngo yahise atabaza abaturanyi maze barembye uyu mwana babona ko koko yahohotewe asambanywa bahita bitabaza ubuyobozi umwana ajyanwa kwa muganga.

Ati “ Abaganga bamwicaje hasi maze ibyo yamukoreye byose biragaruka bamuha imiti.”

Kugeza ubu uyu musaza yahise atabwa muri yombi naho umwana na nyina bo baracyari aha bakodeshaga.

Andi makuru atangwa n’abatuye muri aka gace yo avuga ko uyu musaza n’ubundi yari amaze igihe gito afunguwe nyuma yo kumara imyaka 20 muri gereza uretse ko batatubwiye icyo yari yarafungiwe.

Uyu mugore akaba ngo ari uwo yashatse agifungurwa mu gihe uriya mwana ari uwo nyina yazanye muri urwo rugo.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments