Muri
Zimbabwe, Perezida Emmerson Mnangagwa ashobora kongera kuguma ku butegetsi
kugeza mu mwaka wa 2030, nyuma y’umushinga w’ivugururwa ry’amategeko wemejwe
n’Inama y’Abaminisitiri.
Uyu mushinga
uteganya kwimura igihe cy’amatora ya perezida cyari giteganyijwe mu 2028 kikagezwa
mu 2030. Ikindi gishya kirimo ni uko Perezida wa Repubulika atazongera gutorwa
n’abaturage mu matora rusange, ahubwo azajya atorwa n’Inteko Ishinga Amategeko,
aho ishyaka riri ku butegetsi rya Zanu-PF, rimaze imyaka 45 ku butegetsi,
rifite bibiri bya gatatu by’abadepite.
Abasesenguzi
bavuga ko iri vugurura risa n’iryateguriwe Mnangagwa ku giti cye, kuko afite
imyaka 83, kandi nk’uko biteganywa n’itegeko nshinga risanzwe, atemerewe
kongera kwiyamamaza nyuma ya manda ebyiri. Mnangagwa yagiye ku butegetsi mu 2017
nyuma yaho habayeho ihirika ry’ubutegetsi
ryakuyeho Robert Mugabe.
Ubutegetsi
bwa Mnangagwa bushinjwa gukandamiza abatavuga rumwe nabwo no kutabasha
guhangana n’izamuka rikabije ry’ibiciro, aho izamuka ry’ibiciro ryageze ku 100%.
Guverinoma
yo ivuga ko iri vugurura rizemezwa vuba n’Inteko Ishinga Amategeko, hatabayeho
kubaza abaturage binyuze muri referandumu. Ibi bamwe mu banyamategeko babifata
nk’ibinyuranyije n’amategeko, bavuga ko ari uburyo bwo guhonyora amahame ya
demokarasi. Banibutsa ko no mu gihe cya Robert Mugabe habayeho impinduka
z’itegeko nshinga zakomeje guteza impaka.
Niramuka
ryemejwe, iri vugurura rizatuma Emmerson Mnangagwa abona manda ya gatatu, mu
gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi babivuga nk’“uguhindura demokarasi
igikoresho. Mu gihugu kimaze igihe gihanganye n’ubukungu bwazambye, iri hinduka
rya politiki rishobora kongera gutera umwuka mubi n’umutekano muke.
Kuri ubu,
Inteko Ishinga Amategeko igomba gutora kuri uyu mushinga, ariko kubera ko
Zanu-PF ifite ubwiganze busesuye, benshi bavuga ko icyemezo kizafatwa kimaze
kumenyekana mbere y’itora.
Like This Post? Related Posts