• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Muri Zimbabwe, Perezida Emmerson Mnangagwa ashobora kongera kuguma ku butegetsi kugeza mu mwaka wa 2030, nyuma y’umushinga w’ivugururwa ry’amategeko wemejwe n’Inama y’Abaminisitiri.

Uyu mushinga uteganya kwimura igihe cy’amatora ya perezida cyari giteganyijwe mu 2028 kikagezwa mu 2030. Ikindi gishya kirimo ni uko Perezida wa Repubulika atazongera gutorwa n’abaturage mu matora rusange, ahubwo azajya atorwa n’Inteko Ishinga Amategeko, aho ishyaka riri ku butegetsi rya Zanu-PF, rimaze imyaka 45 ku butegetsi, rifite bibiri bya gatatu by’abadepite.

Abasesenguzi bavuga ko iri vugurura risa n’iryateguriwe Mnangagwa ku giti cye, kuko afite imyaka 83, kandi nk’uko biteganywa n’itegeko nshinga risanzwe, atemerewe kongera kwiyamamaza nyuma ya manda ebyiri. Mnangagwa yagiye ku butegetsi mu 2017 nyuma yaho habayeho  ihirika ry’ubutegetsi  ryakuyeho Robert Mugabe.

Ubutegetsi bwa Mnangagwa bushinjwa gukandamiza abatavuga rumwe nabwo no kutabasha guhangana n’izamuka rikabije ry’ibiciro, aho izamuka ry’ibiciro ryageze  ku 100%.

Guverinoma yo ivuga ko iri vugurura rizemezwa vuba n’Inteko Ishinga Amategeko, hatabayeho kubaza abaturage binyuze muri referandumu. Ibi bamwe mu banyamategeko babifata nk’ibinyuranyije n’amategeko, bavuga ko ari uburyo bwo guhonyora amahame ya demokarasi. Banibutsa ko no mu gihe cya Robert Mugabe habayeho impinduka z’itegeko nshinga zakomeje guteza impaka.

Niramuka ryemejwe, iri vugurura rizatuma Emmerson Mnangagwa abona manda ya gatatu, mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi babivuga nk’“uguhindura demokarasi igikoresho. Mu gihugu kimaze igihe gihanganye n’ubukungu bwazambye, iri hinduka rya politiki rishobora kongera gutera umwuka mubi n’umutekano muke.

Kuri ubu, Inteko Ishinga Amategeko igomba gutora kuri uyu mushinga, ariko kubera ko Zanu-PF ifite ubwiganze busesuye, benshi bavuga ko icyemezo kizafatwa kimaze kumenyekana mbere y’itora.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments