• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Kompanyi y’indege yo muri Somalia yashimye ubutwari bw’umwe mu bapilote bayo washoboye kugusha neza indege yari yagize ikibazo, igasanga ihagaze ku nkombe z’inyanja hafi y’ikibuga cy’indege, abantu 55 bose bari bayirimo bakarokoka.

Kompanyi Starsky Aviation yatangaje ko ubutwari n’ubuhanga budasanzwe bw’uyu mupilote byagize uruhare rukomeye mu kurokora abagenzi 50 n’abakozi batanu b’indege.

Abakozi b’iyi ndege yo mu bwoko bwa Fokker 50 bavuze ko yagize ikibazo hashize akanya gato ihagurutse iva mu murwa mukuru Mogadishu ejo ku wa Kabiri mu gitondo. Bahise basaba gusubira ku kibuga cy’indege, nk’uko byatangajwe n’Ikigo cya Somalia gishinzwe iby’indege zitwara abantu n’ibintu (CAA – Civil Aviation Authority).

Indege yashoboye kugera hasi, ariko irananirwa guhagarara ku kibuga, ikomeza kugenda kugeza igeze mu mazi yo ku nkombe z’Inyanja y’Abahinde, nk’uko byasobanuwe na Ahmed Macalin Hassan uyobora CAA.

Kugeza ubu, ntiharamenyekana neza ikibazo cyateye iyo ndege.

Amashusho yakwirakwijwe ku rubuga rwa X yagaragaje abagenzi basohoka muri iyo ndege yangiritse ku nkombe z’Inyanja y’Abahinde. Nta makuru aravuga ko hari abakomeretse bikomeye.

Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe muri Somalia hamwe n’iz’Umuryango w’Abibumbye (ONU) zahise zoherezwa byihuse gufasha mu bikorwa by’ubutabazi. Minisitiri wa Somalia ushinzwe gutwara abantu n’ibintu na we yageze aho byabereye, nk’uko yabitangaje kuri konti ye ya X.

Umuvugizi wa Starsky Aviation, Hassan Mohamed Aden, yagize ati:

“Twishimiye gutangaza ko abagenzi bose n’abakozi b’indege bose ari bazima. Haracyakorwa iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye ikibazo cyatumye indege igwa byihutirwa.

“Uburyo umupilote yafashe icyemezo cyihuse kandi akagumana ituze byagize uruhare rukomeye mu kurokora abari muri iyo ndege bose, kandi turamushimira ku bwitange n’ubunyamwuga yagaragaje.”

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments