Minisitiri
w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Nsengiyumva Justin, yageze Arusha muri Tanzania, aho
azahagararira Perezida Kagame mu Nama ya 25 isanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize
Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), izaba ku wa 7 Werurwe 2026.
Kuri uyu wa
Gatanu, tariki 6 Weruwe ubwo Dr. Nsengiyumva yari ageze ku Ku kibuga cy’indege
mpuzamahanga cya Kilimanjaro yakiriwe na Dennis Londo, Ministiri w’Ubucuruzi
Wungirije wa Tanzania.
Inama ya EAC
igiye guhuza abakuru b’ibihugu umunani cyangwa abazabahagararira baturuka muri
Tanzania, u Rwanda, Kenya, Uganda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,
Somalia, Sudani y’Epfo n’u Burundi.
EAC ivuga ko
iyi nama izaba ku ntego yo gushimangira gahunda yo guhuza imikorere hagati
y’ibihugu bigize uyu muryango, hagamijwe kuzamura imibereho y’abarenga 300
batuye aka karere.
Biteganyijwe
ko muri iyi nama abakuru b’ibihugu bazatangiza ikoreshwa ry’icyangombwa
gihuriweho cya gasutamo kizwi nka ‘EAC Customs Bond’.
Iki
cyangombwa kuzasimbura ibyari bisanzwe bikoreshwa na buri gihugu ku bakora
ubucuruzi bwambukiranya imipaka.
Iki
cyangombwa gishya kizafasha abakora ubucuruzi kwambukiranya ibihugu byo muri
EAC ari cyo bakoresheje gusa, mu gihe mbere byabasabaga kugira byinshi.
Iki
cyangombwa kandi kizafasha mu guhuza imikorere y’ubuyobozi bwa gasutamo,
abatanga serivisi z’ubwishingizi, ndetse n’ibigo by’imari. Ni na ko kizagabanya
amafaranga abacuruzi batangaga ndetse kikihutisha imikorere n’ubuhahirane.
Muri iyi
nama kandi hazatangizwa gahunda ya karindwi y’iterambere rya EAC izava mu
2026/27 ikageza mu 2030/31.
Iyi gahunda yerekana icyerekezo uyu muryango ufite mu kwihuza kw’akarere ndetse na gahunda z’iterambere zigamije imibereho myiza n’izamuka ry’ubukungu, mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere.
Like This Post? Related Posts