• Imyidagaduro / ABAHANZI

 

Umuhanzikazi Ayra Starr, yatangaje ko ari mu rujijo ku bijyanye n’umubano w’urukundo awugira mu ibanga, asobanura ko ataramenya neza niba agomba kuwushyira ku mugaragaro cyangwa akaguma akawuhisha

Uyu muhanzikazi uri mu bagezweho mu njyana ya Afrobeats yabitangarije mu kiganiro aherutse kugirana  n’ikinyamakuru cy’inzu ifasha abahanzi ya Jay Z izwi  nka Roc Nation, mu gice cyiswe  The Intern Series. Muri icyo kiganiro, yavuze ko indirimbo ye Where Do We Go yayikoze biturutse k’ubuzima bwe bwite, by’umwihariko ku bijyanye n’umubano w’urukundo ari kugerageza gushyira  mu ibaga rikomeye

Ayra Starr yavuze ko iyo ndirimbo igaragaza amarangamutima y’umuntu uri mu mubano w’urukundo ariko akibaza niba uwo mubano wagirwa ibanga cyangwa ukamenyekana ku mugaragaro.

Yagize ati: “Indirimbo Where Do We Go yavuye ku mubano wanjye w’ibanga. nibaza niba ngomba gukomeza kuwugira ibanga cyangwa nkawutangaza ku mugaragaro. Njye ndi hagati aho, ni yo mpamvu nibaza nti ‘tujya he?’”

Aya magambo agaragaza ko uyu muhanzikazi ari mu rujijo rusanzwe rukunze kuba ku byamamare byinshi, aho kubungabunga ubuzima bwite biba bigoye kubera igitutu cy’abafana n’itangazamakuru bashaka kumenya amakuru yose ku buzima bwabo.

Muri cy’icyo kiganiro, Ayra Starr yanabajijwe umuntu yakwifuza gukorera yakwigiraho mu rwego rwo kwiga byinshi mu muziki cyangwa mu myidagaduro.

Uyu muhanzikazi yahise agaragaza ko umuntu yakwigiraho muri uyu  muziki ari umuhanzikazi w’icyamamare ku isi Rihanna.

Yagize ati: “Iyo mba ngomba kwigira ku muntu uwo ari we wese, nahitamo Rihanna. Naba niteguye no kumuzanira ikawa. Icyo yangira cyose nakora.”

Ayra Starr yagaragaje ko yiteguye gukora akazi ako ari ko kose kugira ngo abone amahirwe yo gukorana na Rihanna, ibintu bigaragaza uburyo amufata nk’icyitegererezo gikomeye mu muziki.

Si ubwa mbere Ayra Starr atangaje ko Rihanna ari we wamuhaye imbaraga zo gukunda umuziki. Mu biganiro bitandukanye yagiye agirana n’itangazamakuru, yavuze ko Rihanna ari icyitegererezo cye kuva akiri umwana.

Uyu muhanzikazi yavuze ko uburyo Rihanna yubatse izina rye ku rwego mpuzamahanga ndetse akabasha guhuza umuziki n’ubucuruzi ari ibintu byamuhaye imbaraga zo gukurikira inzozi ze.

Ayra Starr ni umwe mu bahanzi b’abagore bagezweho muri Afurika muri iki gihe, aho indirimbo ze zikomeje gukundwa cyane ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki.

Nubwo akomeje gutera imbere mu mwuga we, uyu muhanzikazi agaragaza ko agishaka kurinda ubuzima bwe bwite, cyane cyane ku bijyanye n’urukundo, kugira ngo atavanga cyane ubuzima bwe bw’umuziki n’ubuzima bwite.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments