Umuhanzi Kevin Kade uri mu bakozwe cyane muri iyi minsi hano mu Rwanda yatangaje ko yasubitse
ibitaramo bigera kuri 3 yari amaze igihe yamamaza ku mugabane w’Uburayi
.
Uyu muhanzi nyuma yo gusubika ibyo bitaramo yahishuye ko agiye kwerekeza muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika mu bikorwa
bye bya muzika bisanzwe
Yagize Ati
“Nahagaritse ibitaramo byanjye by’i Burayi, ahubwo ngiye kujya muri Amerika mu
cyumweru gitaha.”
Kevin Kade
ahamya ko mu bigiye kumujyana muri Amerika muri gahunda zo kurangizanya
ibiganiro na sosiyete ya Empire basanzwe bakorana mu gucuruza imiziki ye.
Ibitaramo
by’i Burayi yahagaritse byo byari byitezwe ko bizatangizwa n’icyo yateganyaga
gukorera mu Budage ahitwa Hannover ku wa 16 Gicurasi 2026, icyakora akaba
yanateguraga n’ibindi birimo ibizabera mu Bufaransa, muri Pologne n’ahandi
hanyuranye.
Mbere yo
kwerekeza muri Amerika, Kevin Kade yasohoye indirimbo ye nshya yise ‘Ndi ready’
avuga ko yafatiye amashusho muri Namibia ikamutwara arenga miliyoni 30Frw
yishyuriwe na Jimmy Muyumbu.
Kevin Kade biteganyijwe
azagaruka i Kigali mu kwezi kwa
Gatandatu muri Kamena aje gutangire
imyiteguro y’ibitaramo bya ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ azasoza ku wa 1 Kanama
2026 ahita asubira mu bindi bizabera i Burayi.
Kevin Kade
kugeza ubu uri mu bagezweho mu muziki afite indirimbo nka ‘Sikosa’, ‘Munda’,
‘Nyanja’, ‘Pyramid’ n’izindi zirimo ‘Nyiragongo’ aherutse gusohora mu minsi
ishize.