Ubuyobozi
bwa Intore Entertainment iri gutegura
igitaramo cyo kwizihiza Imyaka 20 Umuhanzi King James Amaze mu muziki ariko
amatike yo kuzacyitabira mu masaha make
akaba yarashize kw’isoko bwiseguye ku bakunzi b’uyu umuhanzi
Mu Itangazo Ubuyobozi bwa Intore Entertainment iri gutegura iki
gitaramo yashyize hanze ryahishuye ko hari ikiri gukorwa ibishoboka byose ngo
harebwe icyakorwa ndetse bizeza ko mu minsi mike, hari amakuru meza
azatangazwa.
Umwe mu bari
gutegura iki gitaramo yadutangarije ko ikipe yabo iticaye ubusa, twamenye
ikibazo cyabaye kandi rwose bumve ko turi gukora iyo bwabaga ngo tubone
igisubizo cya nyura abakunzi ba King James.”
Bamwe mu
bakunzi ba King James batabashije kugura amatike, basabye ko igitaramo
yakimurira muri Stade Amahoro kugira ngo kibashe kwitabirwa n’abantu benshi.
Ku rundi
ruhande hari abasabye ko yashyiraho umunsi wa kabiri w’igitaramo muri BK Arena
bityo abatarabashije kugura icy’umunsi wa mbere bagahabwa amahirwe yo kugura
icy’uwa kabiri nk’uko bikunze kugenda ku bahanzi bafite amazina akomeye ku Isi.
Hari
n’abavuga ko niba ibi byose byanze, hashakwa uburyo iki gitaramo cyazerekanwa
n’abahanga ku buryo uwazagikurikira yaba ameze nk’uri muri BK Arena hanyuma
hagashyirwaho ikiguzi cyo kukireba hifashishijwe ikoranabuhanga.
Andi makuru
ari kuvugwa hanze nuko hari ibiganiro bikomeje imbere mu itsinda ry’abari
gufasha King James ndetse n’abafatanyabikorwa be ngo barebe icyashoboka mu
byifuzo by’abakunzi b’uyu muhanzi.
Like This Post? Related Posts