• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umuririmbyi w’icyamamare muri Nijeriya , Timaya wanakoranye n’indirimbo n’itsinda rya Urban Boys  yateje impaka nyuma y’uko agaragaye mu mashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga avuga ko byaba byiza kubyara abana utarashyingiranywe.

Mu mashusho yashyizwe kuri internet, Timaya mu kiganiro yagiranye na na Paul Okoye wahoze muri  P Square  bagira inama mugenzi wabo, Phyno, ku bijyanye n’ubukwe.

Ibi byateje ibibazo bikomeye cyane  ku bari aho ndetse no ku mbuga nkoranyambaga, aho benshi batumvikanye n’icyo Timaya yavuze ku bukwe.

Timaya ni se w’abana bane b’abakobwa n’abahungu batatu batandukanye. Abana be babiri ba mbere, Emmanuella na Gracey, ni bo yabyaranye  Barbara Fumnaya Nwaokolo; umuhungu we, Emmanuel, yamubyaranye  na Tamar; naho umwana we muto  Maya we yamubayaranye  na Dunnie Onasanya.

Mu kiganiro na Naija FM mu 2024, Timaya yavuze ko akiri mu myaka ye ya 40 atarashyingiranwe kuko atigeze yishimira ubukwe. Yongeyeho ariko ko ashobora guhindura ibitekerezo bye mu bihe bizaza.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments