Umunyapolitiki akaba n’umujyanama mu bya muzika wa Nema Namakula Kayemba Solomon yavuze ko kutagaragara kenshi kwa Rema mu ruhame ari ingamba zateguwe neza zigamije gukomeza gutuma akenerwa cyane mu ruganda rwa muzika.
Mu kiganiro
yagiranye na televiziyo yo muri Uganda, Kayemba Solomon yavuze ko kugabanya
guhora mu bantu bifasha uyu muhanzikazi
kuguma ari uwihariye kandi ushakishwa cyane mu bitaramo.
Yagize ati:Ukutagaragara
kwa Rema Namakula mu ruhame bikorwa ku bushake bwacu bituma icyifuzo cyo
kumutumira mu bitaramo kidagabanuka.”
Yakomeje
avuga ko iyi gahunda yamufashije mu myaka ishize gukomeza kuba umwe mu bahanzi
bubashywe kandi bakenerwa cyane mu muziki wa Uganda.
Yongeyeho
ati: “Si umuntu uzabona ahantu hose.”
Nubwo Rema
adakunze kugaragara cyane mu ruhame, akomeje gukenerwa cyane mu bitaramo kandi
akomeje kuba umwe mu bahanzikazi bakomeye mu ruganda rwa muzika muri Uganda.
Rema
yatangiye kumenyekana cyane mu mwaka wa 2013 ubwo yasohoraga indirimbo “Oli
Wange.” Ariko yashoye izindi nyinshi nka :
Lean On Me, Banyabo,Gutujja ,This
Is Love yakoranye na The ben imwe mu ndirimbo zakuzwe cyane hano mu karere .
Like This Post? Related Posts