Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko igihe
yigeze kumara iminsi myinshi atagaragara mu ruhame bitatewe n’uko ubuzima bwe
butari bumeze neza nk’uko bamwe babivuze ahubwo ko byatewe n’uko yari yarafashe
ikiruhuko ndetse akabona umwanya uhagije wo gusabana n’abuzukuru be.
Ibi
Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa
Jeune Afrique, Francois Soudan.
Ubwo
ikiganiro cyaganaga ku musozo, uyu munyamakuru yibukije Perezida Kagame ko muri
Kamena 2025, yigeze kumara ibyumweru bigera kuri bitatu atagaragara mu ruhame
ndetse abantu bagatangira kugira impungenge ku buzima bwe ko icyo gihe yaba
atari ameze neza.
Mu
kubaza iki kibazo umunyamakuru yagize ati “ Perezida dusoza hari ikibazo cyange
bwite nshaka kubabaza. Muri Kamena umwaka ushize wigeze kumara ibyumweru bigera
kuri bitatu nta muntu ukubona mu ruhame ndetse abantu n’itangazamakuru
batangira kuvuga byinshi ku buzima bwawe kugera n’aho Guverinoma ibivuzeho
ibibeshyuza. Ese byaragutunguye?
Mu
gusubiza perezida Kagame yagize ati “Kuberiki se ubundi ibyumweru bitatu ari
byinshi ntagaragara mu ruhame? Nshobora no gufata ukwezi ntaboneka ndikugirana
ibihe byiza n’abuzukuru banjye. Rero sinumva ukuntu byabaye ikibazo”.
“Wenda
ni byo kuko ntabwo abantu babimenyereye”.
Perezida
Kagame yakomeje avuga ko ubuzima bwe buhagaze neza ugereranyije n’abo bari ku
kigero kimwe.
Yagize
ati “ Reka nkubwire ufashe abantu 100 mu bice bitandukanye nta kintu
ushingiyeho haba hano mu Bufaransa, mu Bwongereza yewe no muri Amerika hanyuma
ugapima uko ubuzima bwabo buhagaze, wasanga ndi mu 10 ba mbere bafite ubuzima
buhagaze neza”.
Muri
Kamena 2025 nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga hari hari gukwirakwira amakuru
yavugaga ko Perezida Kagame arwaye kandi arembye, Umuvugizi wa Guverinoma y’u
Rwanda, Yolande Makolo yatangaje ko ari mu kiruhuko cy’akazi bisanzwe.