• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi, Martin Fayulu yahamagariye Abanyekongo kugirana ibiganiro byo ku rwego rw’Igihugu nyuma y’igitero cyahitanye abasivili 44 i Bafwakao, muri teritwari ya Mambasa, mu ntara ya Ituri.

Iki gitero cyagabwe n’umutwe wa Forces démocratiques alliées (ADF), cyongeye guteza impungenge zikomeye ku mutekano w’abaturage bo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho ibikorwa by’uyu mutwe bikomeje kwibasira abasivili.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 3 Mata 2026, Fayulu yanenze ubuyobozi buriho (bwa Tshisekedi), avuga ko bwananiwe kurinda abaturage.

Yagize ati:“I Bafwakao, muri teritwari ya Mambasa, abavandimwe bacu bishwe n’ADF. Kubera ubushobozi buke bw’ubutegetsi, abaturage bagomba guhaguruka. Ntidukwiye kwemera gutereranwa. Dukwiye guhurira mu biganiro by’igihugu byuzuye kugira ngo turengere RDC kandi turinde ubuzima bw’umuntu wese.”

Ibi yabivuze mu gihe ibitero bya ADF bikomeje kwiyongera mu duce dutandukanye twa Ituri na Kivu y’Amajyaruguru, nubwo ingabo za Leta zikomeje ibikorwa bya gisirikare.

Umutekano muke mu burasirazuba bwa RDC ukomeje kuba ikibazo gikomeye ku butegetsi bwa Félix Tshisekedi, ingingo bukunze kunengwa n’abatavuga rumwe nabwo.

Impuruza ya Fayulu yo kugirana ibiganiro by’igihugu bihuriwemo na bose ishobora kongera gutuma habaho impaka kuri iki kibazo cy’umutekano ndetse no ku kamaro ko gushyira hamwe kw’abanyapolitiki mu guhangana n’ibibazo by’umutekano bikomeje gufata indi ntera muri ako gace.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments