• Imyidagaduro / ABAHANZI


Umunyarwenya akaba n’Umukinnyi wa  Filime  Mugisha  Emmanuel wamenyekanye nka  Clapton Kibonge yasabye anakwa Umukunzi we bamaranye Imyaka  umunani babana Ntambara Mutoni Jacky  .

Clapton Kibonge Yasezeranye mu mategeko mu 2018 yakunze kuvuga ko yahisemo gusezerana imbere y’amategeko agahita abana n’umugore we kuko nta bushobozi yari afite bwo gukora indi mihango.

Nyuma y’igihe gito aba bibarutse imfura yabo, Muri  2022  bibarutse ubuheta, naho muri 2024 bibaruka umwana wa gatatu.

Ku tariki ya 21 Gashyantare 2026  mu birori byiza Clapton Kibonge  yasabye umugore we kuzamubera uwe  Iteka maze amwambika Impeta niza imbere y’inshuti we n’Umuryango .

Uwo  mugoroba waranzwe n’Udushya twinshi aho abana babo aho bari bafite ibyapa, umwe icyapa cyari cyanditseho "Mama, imyaka 8 ishize..." umukobwa mukuru wabo yari afite ibindi byapa bibiri, kimwe cyanditseho "wavuze yego ku rukundo." Ikindi cyanditseho "Ubu uravuga yego iteka?".

Umugore we Ntambara Mutoni Jacky akaba yarahise abyemera ndetse ahita amwambika impeta y’urudashira.

Nkuko  byari  byitezwe rero  kuri uyu wa Gatandatu Mutagatifu tariki ya 4 Mata 2026  nibwo Clapton Kibonge aherekejwe n’abo mu muryango we  ndetse n’ibyamamare bitandukanye  mu ruganda rw’imyidagaduro  bahagurutse i Kigali   berekeje mu murenge wa Rwempasha mu karere ka  Nyagatare  aho mu masaha ya mu gitondo  habaye umuhango wo gusaba  no Gukwa 

Uwo muhango witabiriwe n’abafite amazina akomeye hano mu  ruganda rw’Imyidagaduro  nka Muyoboke Alexis ,David Bayingana ,Rumaga ,Ndibamti,Papa  Sava  Rocky Kimomo , Junior Giti , Bahati Makaca , abakinnyi ba Filime bakinana na Clapton Kibonge n’abandi  benshi  batandukanye .

Ku gicamunsi  nyuma  yo gusaba no gukwa bakomereje mu rusengero Gasinga Miracle Center i Rwempasha  gusezerana Imbere y’Imana

Biteganyijwe ko  imihango yo kwakira abashyitsi  nayo ibera aho  I Nyagatare 























Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments