• Imyidagaduro / IBITARAMO

Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ben na Chance bakoze igitaramo cy’amateka muri Kigali Arena abakitabiriye bataha bafashijwe.

Ni igitaramo cyabaye ejo hashize ku Cyumweru tariki ya 5 Mata 2026 cyiswe “Easter Jubilee Music Gathering”, cyafashije abantu kwizihiza Pasika.

Nk’uko zari inzozi zabo, bakaba barujuje Arena aho bataramiye abacyitabiriye mu ndirimbo zabo zitandukanye zirimo ’Igikombe Cyanjye’, ’Kare mu Museke’, ’Tamu’, ’Nyigisha’ n’izindi.

 “Easter Jubilee Music Gathering” ya Ben&Chance bakaba bari bifashishije abahanzi Papy Clever&Dorcas bishimiwe cyane.

Hari kandi itsinda ry’abaririmbyi bavukana bakinazamuka mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana Alicia na Germaine bari baririmbiye bwa mbere muri Arena akaba ari nacyo gitaramo cyabo cya mbere bari bakoze, banyuze benshi mu ndirimbo nka "Uriyo" na "Ibendera".

Muri  iki gitaramo  kandi  Pst Kabanda yigishije ijambo rigaruka ku mugani w’abakobwa 10 aho batanu muri bo bari abanyabwenge abandi ari abapfu.

Yasabye abitabiriye igitaramo kwirinda kujya mu nzira y’abakobwa b’abapfu bateshutse bakabura ubwenge bwo gutegereza umukwe.

Yerekanye ko nubwo umubi akomeje gutsikamira abatuye Isi bose ariko Yezu/Yesu yiteguye gukiza abamugana n’abamwizera hatitawe ku idini cyangwa itorero babarizwamo.

Ubwo igitarmo cyagana ga ku musozo Chance yaciye amarenga ko iki gitaramo gishobora kuba ngarukamwaka aho yabajije abacyitabiriye niba bifuza ko byaba bityo.

Ati “Murifuza ko cyaba ngarukamwaka? Ni bande babyifuza? Pasika y’ubutaha tuzagaruke?”

Abari muri BK Arena bose bahise basubiza ko bifuza ko cyaba buri mwaka.

Ben yashimiye abitabiriye igitaramo cye n’abaterankunga batandukanye bagishyigikiye kugira ngo kigende neza.

Ben na we yaciye amarenga ko iki gitaramo kigiye kuba ngarukamwaka aho yashimiye itsinda ry’abacuranzi bamufashije rya TNT Band, aryizeza ko umwaka utaha bazaba bari kumwe.

 






Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments