Umuhanzi
w’icyamamare Davido, yatangaje ko
atifuza ko abana be bazakora mu ruganda rw’imyidagaduro, ahubwo akifuza ko
bazakora mu bigo bya se, Deji Adeleke.
Yabitangaje
mu kiganiro yagiranye na The Breakfast Club, yasobanuye impamvu z’iki cyemezo, anagaruka ku
rugendo rwe rutoroshye mbere yo kugera ku ntsinzi.
Mu gusubiza
ikibazo yari abajijwe niba yifuza ko
abana be bazajya mu muziki, Davido yavuze ko ku bwe yahitamo ko bakora mu bigo
by’umuryango.
Davido
yagize ati Omo
agomba gukorera Sekuru kukovburi
Noheli, papa ajyana abuzukuru bose. Nubwo afite byinshi, harimo n’indege ze
bwite, ibyishimo bye ni ukubona abuzukuru be.
Davido
yavuze ko imwe mu mpamvu nyamukuru ari uko abana be bafite amahirwe yo kubona
ubuzima bworoshye binyuze mu bigo bya sekuru.
Yagaragaje
ko: gukorera mu bigo bya Deji Adeleke byabaha umutekano w’igihe kirekire kandi
byabafasha kwirinda ibibazo bikunze kuboneka mu myidagaduro ikindi bizabaha
amahirwe yo gutangira ubuzima bafite umurongo usobanutse
Davido
yanavuze kandi ku buryo se atigeze
amushyigikira mu ntangiriro z’umuziki we, ibintu yavuze ko byamubabaje cyane.
Yagize ati “Papa kutanyemera mu muziki byishe
ibyishimo byanjye, kugeza igihe yabonaga ko nabyiyemeje koko.” Ibi byatumye
Davido afata icyemezo cyo kudashaka gusubiramo iryo kosa ku bana be.
Nubwo afite
icyifuzo cy’uko abana be bajya mu bucuruzi, Davido yavuze ko atazababuza gukora
ibyo bakunda.
Yagize ati:nzabashyigikira
nibahitamo kujya mu myidagaduro ,sinzabashyiraho igitutu nk’uko byambayeho
Ku bwa
Davido, ubuzima bwiza ku bana be si ugukurikirana izina rye mu muziki, ahubwo
ni ukubaha amahirwe arambye binyuze mu bucuruzi bw’umuryango ariko adakuraho
uburenganzira bwo guhitamo inzira yabo.