Urukiko
rw’ibanze rwa Gasabo rwasubitse urubanza rwa Niyigaba Clement uzwi nka DC
Clement, ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.
Uru rubanza
rwagombaga kuba kuri uyu wa Mbere, tariki ya 20 Mata 2026.
Ni icyemezo
cyafashwe nyuma y’uko umunyamategeko we atangaje ko atiteguye kuburana, kuko
batabonye umwanya uhagije wo gusoma no gusuzuma dosiye y’uregwa.
Urubanza rwa
DC Clement ruzasubukurwa tariki ya 27 Mata 2026, saa tatu za mu gitondo.
DC Clement
ufite urubanza nimero RDP00161/2026/TB/GBSO, acyekwaho ibyaha 5 ari byo; Guteza
imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda, Kurwanya ububasha bw’amategeko,
Kwangiza cyangwa konona ikintu cy’undi, Gukubita cyangwa kugirira urugomo
abayobozi mu nzego za Leta.
DC Clement
yatawe muri yombi ku wa 31 Werurwe 2026, ahita ajya gucumbikirwa kuri sitasiyo
ya RIB ya Jabana.