• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Igihugu cya Nigeria cyatangaje ko habonetse umurwayi mushya wa COVID-19 mu Ntara ya Cross River, iherereye mu majyepfo y’iki gihugu. Ibi bibaye nyuma y’uko iyi ntara yari imaze igihe kirenga imyaka ibiri nta murwayi mushya ugaragaye kuva mu mwaka wa 2022.

Amakuru yatangajwe n’abayobozi b’iyo ntara agaragaza ko uwo murwayi ari umuturage w’Ubushinwa ukorera sosiyete yo muri icyo gihugu. Nk’uko byemejwe na Minisitiri w’Ubuzima w’iyo ntara, Dr. Henry Ayuk, uwo muntu yinjiye muri Nigeria ku wa 17 Werurwe 2026, avuye mu Bushinwa.

Nyuma yo kugera muri Nigeria, yatangiye kugaragaza ibimenyetso by’uburwayi, ahita ajyanwa kuvurirwa mu bitaro bya Leta, nyuma aza kwimurirwa mu Bitaro bya Kaminuza bya Calabar, ari na ho ibizamini byemeje ko yanduye COVID-19.

Abayobozi b’iyo ntara batangaje ko ubuzima bw’uwo murwayi buhagaze neza kandi buri kugenda burushaho kumera neza, ndetse ko yitaweho hakurikijwe amabwiriza yose y’ubuvuzi yashyizweho.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukumira no kurwanya indwara muri Nigeria, Nigeria Centre for Disease Control (NCDC), na cyo cyemeje aya makuru. Cyatangaje ko uwo murwayi yashyizwe mu kato (isolation) kandi ari kuvurwa neza.

NCDC yongeyeho ko kugeza ubu nta kimenyetso kiragaragara cy’uko iyi ndwara iri gukwirakwira mu bandi bantu, ndetse ko ibikorwa byo gukurikirana abo uwo murwayi yaba yarahuye na bo (contact tracing) byatangiye.

Abashinzwe ubuzima bavuga ko bishoboka ko uwo murwayi yaba yaranduriye COVID-19 ari muri Nigeria, kuko ibimenyetso byatangiye kugaragara nyuma y’iminsi irenga 14 asanzwe ari yo ntarengwa yo kwigaragaza kw’iyi ndwara nyuma yo kwandura.

Imirwi yihariye ishinzwe ubutabazi bwihuse yamaze koherezwa muri iyo ntara kugira ngo igenzure neza uko ibintu bimeze, mu gihe hakomeje gukurikiranwa abahuye n’uwo murwayi.

Ku rwego mpuzamahanga, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, World Health Organization (OMS), rivuga ko COVID-19 igihari ku isi hose ariko ku rugero ruciriritse. 

Imibare iheruka gutangazwa igaragaza ko nubwo hari uduce tumwe na tumwe twiyongera ubwandu, cyane cyane muri Afurika, indwara zikomeye n’impfu byagabanutse cyane ugereranyije n’igihe cy’icyorezo gikomeye.

Abayobozi b’ubuzima muri Nigeria basaba abaturage gukomeza gutuza ariko bakarushaho kwitwararika isuku, gukaraba intoki kenshi, kwirinda kwegerana cyane n’abarwaye, no kwihutira kujya kwa muganga igihe bagize ibimenyetso. 

Bashimangira ko nubwo COVID-19 itagifatwa nk’icyorezo gikomeye nk’icyo mu myaka yashize, kuyimenya hakiri kare no kuyirinda bigifite akamaro kanini mu gukumira ikwirakwira ryayo.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments