Minisitiri w’Ubuzima mu Bwongereza, Wes Streeting Wes Streeting, yatangaje ko yeguye muri Guverinoma ya Minisitiri w’Intebe Keir Starmer, avuga ko atakibona icyizere n’ubushobozi mu buyobozi buriho.
Streeting yatangaje iki cyemezo ku wa 14 Gicurasi 2026, mu gihe
Guverinoma ya Starmer ikomeje guhura n’igitutu gikomeye gikomoka ku bibazo biri
imbere mu Ishyaka ry’Abakozi.
Uyu
muyobozi akurikiye abandi bayobozi bakomeye bamaze iminsi begura, barimo Jess
Phillips, Miatta Fahnbulleh na Alex
Davies-Jones.
Mu
ibaruwa y’ubwegure bwe, Streeting yavuze ko ubuyobozi bwa Starmer buri kubura
icyerekezo gikwiye.
“Aho
dukeneye icyerekezo usanga dufitemo icyuho, aho dukeneye imbaraga hakaba
kudindira,”.
Yanavuze
ko kuri ubu bigaragara ko Starmer ashobora kutazayobora Ishyaka ry’Abakozi mu
matora rusange ataha.
Kwegura
kwe kwafashwe nk’ikimenyetso gikomeye cy’amakimbirane n’ukutavuga rumwe biri
gukomeza kwiyongera imbere mu Ishyaka ry’Abakozi nyuma y’amatora y’inzego
z’ibanze yabaye ku wa 7 Gicurasi 2026 mu Bwongereza, Écosse na Pays de Galles.
Muri
ayo matora, ishyaka ry’abakozi ryatakaje imyanya myinshi ryari risanzwe rigenzura, rihigikwa cyane n’Ishyaka Reform UK.
Abasesenguzi
ba politiki bavuga ko ibi biri kongera igitutu kuri Keir Starmer, mu gihe bamwe
mu bagize ishyaka rye batangiye kumwotsa igitutu cyo kwegura.
Wes Streeting na we ari mu bantu bari guhabwa amahirwe menshi yo
gusimbura Starmer ku buyobozi bw’Ishyaka ry’Abakozi no ku mwanya wa Minisitiri
w’Intebe mu gihe habaho impinduka muri Guverinoma.