Icyorezo cya Ebola cyongeye kwaduka mu Ntara ya Ituri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho kimaze guteza impungenge zikomeye nyuma y’uko abantu 65 bamaze guhitanwa na cyo.
Ikigo Nyafurika gishinzwe gukumira no kurwanya indwara, Africa CDC, cyatangaje ko abantu 246 bakekwaho kwandura iyi ndwara, cyane cyane mu duce twa Mongwalu na Rwampara two muri Ituri.
Utwo duce twombi dusanzwe twishingikiriza cyane ku bucukuzi bwa zahabu nk’inkingi y’ubukungu bwaho, ibintu bishobora gutuma abantu bahahurira ari benshi, bikongera ibyago byo gukwirakwiza icyorezo.
Ibipimo byafatiwe abantu byoherejwe muri laboratwari i Kinshasa byagaragaje ko abantu 13 muri 20 bapimwe bafite virusi ya Ebola, mu gihe hakomeje gukorwa ibindi bipimo ku bakekwaho ubwandu mu mujyi wa Bunia.
Kugeza ubu, abantu bane ni bo bamaze kwemezwa ku mugaragaro ko bishwe na Ebola.
Mu rwego rwo gukaza ingamba zo gukumira ikwirakwira ry’iyi ndwara, Africa CDC yatangaje ko yamaze gutumiza inama yihutirwa ihuza RDC, Uganda, Sudani y’Epfo n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga, hagamijwe gukaza ubugenzuzi ku mipaka no gushaka uburyo bwo gukumira iki cyorezo hakiri kare.
Iki cyorezo kivutse nyuma y’amezi make gusa RDC itangaje ko icyorezo cya Ebola cyari cyaribasiye Intara ya Kasai cyarangiye ku wa 1 Ukuboza 2025. Icyo gihe abantu 64 bari banduye, muri bo 45 bahasiga ubuzima.
Kugeza ubu, Guverinoma ya RDC ntiratangaza ku mugaragaro ko Ebola yongeye kwaduka muri Ituri, nubwo amakuru avuga ko hateganyijwe ikiganiro n’abanyamakuru kugira ngo hatangazwe uko ibintu byifashe.
Kuva mu 2021, Intara ya Ituri iri munsi y’ubuyobozi bwa gisirikare bwashyizweho na Leta ya RDC mu rwego rwo guhangana n’imitwe yitwaje intwaro ikomeje guteza umutekano muke muri ako gace, harimo umutwe wa Allied Democratic Forces.
Like This Post? Related Posts