• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Urwego rw’Igihugu cya Amerika rushinzwe iperereza ku byaha, FBI, rwatangaje ko ruzatanga igihembo cy’amadolari ibihumbi 200 ($200,000), asaga miliyoni 280 Frw, ku muntu wese watanga amakuru yatuma hafatwa cyangwa hagatabwa muri yombi Monica Witt, wahoze ari umukozi wa Leta ya Amerika ushinjwa gukorera ubutasi Iran.

Monica Witt, ufite imyaka 47, yigeze gukora mu nzego z’ubutasi z’Ingabo zirwanira mu kirere za Amerika ndetse aba n’umukozi ushinzwe ibikorwa byo kurwanya ubutasi bw’amahanga.

Mu itangazo FBI yashyize hanze ku wa Kane, yavuze ko Monica Witt yakoreye igisirikare cya Amerika hagati ya 1997 na 2008, nyuma aza gukorera inzego za Leta kugeza mu 2010.

FBI ivuga ko imirimo yakoze yamuhaga uburenganzira bwo kugera ku makuru y’ibanga rikomeye yerekeye umutekano n’ubutasi bwa Amerika, harimo amazina nyakuri y’abakozi bakora ibikorwa by’ibanga mu nzego z’ubutasi.

Nk’uko inyandiko z’ikirego zibigaragaza, Monica Witt ngo yahungiye muri Iran mu mwaka wa 2013. Nyuma yaho, ashinjwa gukorana na Leta ya Iran ndetse n’umutwe wa Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC), agatanga amakuru y’ibanga yashoboraga gushyira mu kaga umutekano wa Amerika n’abayikorera.

Ubushinjacyaha bwa Amerika bwamureze bwa mbere mu 2019, ariko kugeza ubu ntiharamenyekana aho aherereye ndetse ntarafatwa.

FBI ivuga ko Monica Witt yavukiye i El Paso muri Leta ya Texas, akaba afite uburebure bwa metero 1.67 n’ibiro 55. Ngo azi kuvuga neza ururimi rw’igi-Perse kandi bikekwa ko ubu atuye muri Iran.

Ashinjwa kuba yaratanze amakuru yashyize mu kaga ubuzima bw’abasirikare ba Amerika bari mu butumwa hanze y’igihugu ndetse n’imiryango yabo. Arashinjwa kandi gukusanya amakuru ku bahoze ari bagenzi be bakoranaga muri Leta ya Amerika, agamije gufasha Iran kubakurikirana cyangwa kubagirira nabi.

Nubwo yashyiriweho impapuro zimuta muri yombi, FBI yavuze ko Monica Witt agikomeje kuba hanze atarafatwa, isaba umuntu wese waba afite amakuru yamufasha gufatwa kuyageza ku nzego z’ubutabera za Amerika.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments