Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge gukatira Shema Arnaud de Bosscher uzwi nka DJ Toxxyk igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni 2,21 Frw, buvuga ko ibihano yari yarakatiwe mbere bidahwanye n’uburemere bw’ibyaha yahamijwe.
DJ Toxxyk yatawe muri yombi tariki ya 21 Ukuboza 2025 nyuma y’impanuka
yabereye mu Karere ka Nyarugenge mu rukerera rw’umunsi wabanje, yahitanye
umupolisi wari mu kazi.
Mu iperereza ryakurikiyeho, urugo rwe rwasanzwemo urumogi, bituma
akurikiranwaho ibyaha birimo ubwicanyi budaturutse ku bushake, gukora ibikorwa
bifitanye isano n’ibiyobyabwenge, guhunga nyuma yo guteza impanuka no kwanga
gupimishwa alcohol.
Tariki ya 4 Gicurasi 2026, Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwamukatiye
gukora imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atatu asubitse mu gihe
cy’amezi atandatu ndetse no gutanga ihazabu ya miliyoni 1,05 Frw.
Icyo cyemezo cyatumye asohoka mu Igororero rya Nyarugenge riherereye i
Mageragere, ariko Ubushinjacyaha buhita bujurira.
Mu iburanisha ryabaye ku wa 15 Gicurasi 2026, Ubushinjacyaha bwavuze ko
urukiko rw’ibanze rwirengagije uburemere bw’ingaruka zatewe n’ibyaha yakoze,
cyane cyane kuba hari ubuzima bw’umupolisi bwatakaye.
Bwagaragaje kandi ko ibihano byatanzwe bitageze ku ntego z’ibihano
zirimo kwigisha no kuburira abandi.
Ubwunganizi bwa DJ Toxxyk bwo bwavuze ko ibihano byatanzwe n’urukiko
rw’ibanze byubahirije amategeko kandi bihwanye n’ibyaha yakoze.
Me Uwamahoro Marie Josée yavuze ko buri gihano cyose cyatanzwe
gishingiye ku biteganywa n’amategeko, anenga Ubushinjacyaha kuba busaba ibihano
bishya kandi bikomeye kurusha ibyo bwari bwasabye mu rubanza rwa mbere.
Na Me Murangwa Faustin yibukije urukiko ko umucamanza afite
uburenganzira bwo gutanga igihano gito kiri mu biteganywa n’amategeko bitewe
n’isuzuma rye.