Nyuma y’amasaha make batangaje ko batazakomeza kubahiriza
agahenge bonyine, abagize Ihuriro rya AFC/M23 rirwana n’Ubutegetsi bwa Kinshasa
baramukiye ku muriro ukaze w’indege z’intambara ndetse n’intwaro mu mirwano iri
kubera muri teritwari ya Minembwe muri Kivu y’Amajyepfo.
Ubutumwa bwo ku wa 14 Gicurasi 2026 bwashyizwe ku
rukuta rwa X rwa Bertrand Bisiimwa uyobora ishami rya Politiki muri AFC/M23 bwavugaga
ko igihe kigeze ngo izi nyeshyamba zikaba zihagaritse gukomeza kubahiriza
agahenge mu kategetswe n’abahuza muri ntambara iyi ntambara.
Ubwo butumwa bwagiraga buti “AFC/M23 ntishobora kuba
ari yo yonyine yubahiriza amasezerano mu gihe uruhande bahanganye rudashobora
kubikora na rwo. Imyitwarire ya Leta ya Kinshasa biragaragara ko ishyigikiwe n’abakabaye
bahagaze hagati muri iki kibazo ari bo bahuza. “
Ibi Bisiimwa yari abitangaje nyuma y’aho mu bihe
bitandukanye iri huriro ryakunze kugaragaza ko n’ubwo ryo na Leta ya Kinshasa
bari mu gahenge ryo ryakomeje kugabwaho ibitero bikoreshwamo indege zitagira
abapilote bikica abaturage b’abasivile mu bice izi nyeshyamba zigenzura.
Bimwe muri ibyo bitero bya FARDC harimo icyahitanye
abasivile barenga 30 ahitwa Mushaki muri Masisi muri uku kwezi.
Kuri uyu wa 15 Gicurasi 2026 bwo haramutse ibitero
biri gukoreshwamo indege z’intambara za Kajugujugu aho M23 yemeza ko izo ndege
zahagurukirijwe i Kalemi ziri kwica zitababariye abatuye muri Minembwe no mu
nkengero zaho.
Bakomeza bavuga koi bi bitero bya Kajugujugu
bije byiyongera ku bisanzwe bikoreshwamo indege za Sukhoi 25, Drone, imbunda nini n’into byose bikaba
bihitana abasivile benshi ibyo Iri huriro riheraho rivuga ko byerekana ko “
Icyo ubutegetsi bwa Kinshasa bugamije, ari cyo gusenya no gukuraho Minembwe ku
ikarita no kurimbura abaturage baho, bukoresheje impamvu bufata nk’urwitwazo ko
haba hari ibihugu bimwe byo mu muryango mpuzamahanga biyitera inkunga cyangwa biyikingira
ikibaba.”
Ibi byose biri
kuba mu gihe imyanzuro ikomoka ku buhuza bwa Qatar n’Amerika bugamije guhosha
iyi ntambara yose isa n’iyirengagizwa ikimara gusinywa n’ubwo AFC/M23 bo bavuga
ko bakomeza kubahiriza ibyo baba basinyiye.
Ibi biniyongeraho ko izi nyeshyamba ziherutse
kurekura bimwe mu bice zari zimazemo amezi mu nkengero z’umujyi wa Uvira.
Ibintu nabwo abasesenguzi bemeje ko bishobora kuba bituruka ku busabe bw’abahuza
barimo Amerika na Qatar.
Like This Post? Related Posts