Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), yasabye uruhare rwa buri wese mu kubaka no gushyigikira umuryango ushoboye kandi utekanye, mu rwego rwo guteza imbere Igihugu.
Ni ubutumwa yatanze
kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Gicurasi, mu gihe u Rwanda rwifatanyije n’isi
yose mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Imiryango, ku nsanganyamatsiko igira
iti “Ibiganiro byiza; ireme ry’umuryango”.
Mu kwizihiza uyu munsi, MIGEPROF yateguye Inama
Nyunguranabitekerezo ku kubaka umuryango ushoboye kandi utekanye, yahurije
hamwe abayobozi mu nzego zitandukanye, n’abafatanyabikorwa bakora ku guteza
imbere umuryango.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango,
Uwimana Consolée, yavuze ko kwizihiza uyu munsi ari umwanya wo kuzirikana
uruhare rw’umuryango mu mibereho myiza, imiyoborere n’iterambere ry’Igihugu.
Yagize ati: “Ni umwanya mwiza wo kwishimira ibyagezeho
mu kuwubungabunga, kurebera hamwe ibibazo bikiwugarije, ariko cyane cyane
kubishakira ibisubizo birambye.”
Minisitiri Uwimana, yavuze ko insanganyamatsiko yo
kwizihiza uyu munsi muri uyu mwaka wa 2026, isaba kuzirikana ko ibiganiro ari
umusingi ukomeye w’amahoro, ubwumvikane, n’ubufatanye mu bagize umuryango.
Ati “Umuryango utazimuye urazima! Ibi bivuze ko
ibibazo byose byo mu muryango bikwiye kuganirwaho mu bworoherane no mu
bwumvikane.”
Yasabye Abanyandarwanda kwirinda kujyana ibibazo
by’imiryango ku mbuga nkoranyambaga, mu buryo bushobora kuyihungabanya,
gukomeretsa abayikomokamo, no kugira ingaruka ku bafite imitima yoroshye, asaba
ko ibibazo byaganirirwa mu miryango bigashakirwa ibisubizo.
U Rwanda ruha umuryango agaciro gakomeye cyane cyane
mu itegeko nshinga aho umuryango ufatwa nk’ishingiro ry’imbaga y’abanyarwanda,
ukaba urengerwa na Leta binyuze muri Politiki, amategeko n’inzego.
Gusa nubwo hari byinshi byakozwe mu guteza imbere
umuryango, ubushakatsi butandukanye bugaragaza ko hakiri ibibazo byo kwitabwaho
birimo amakimbirane.
Ubuheruka gukorwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere
(RGB) muri 2025, bwagaragaje ko amakimbirane ari ikibazo gikomeye kiri no ku
isonga mu byugarije umuryango, agaherekezwa n’ibindi birimo ihohotera, guharika
no gucana inyuma kw’abashakanye, gusiganira kurera abana, inda ziterwa
abangavu, igwingira ry’abana, n’abatajya ku ishuri n’ibindi.
Zimwe mu mpamvu zagaragajwe zitera ibi bibazo,
zirimo ubusinzi, kutagira umwanya w’ibiganiro mu miryango, gukoresha nabi
umutungo, kudasobanukirwa ihame ry’uburinganire, n’ibindi.