• Amakuru / MU-RWANDA


Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), yasabye uruhare rwa buri wese mu kubaka no gushyigikira umuryango ushoboye kandi utekanye, mu rwego rwo guteza imbere Igihugu.

Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Gicurasi, mu gihe u Rwanda rwifatanyije n’isi yose mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Imiryango, ku nsanganyamatsiko igira iti “Ibiganiro byiza; ireme ry’umuryango”.

Mu kwizihiza uyu munsi, MIGEPROF yateguye Inama Nyunguranabitekerezo ku kubaka umuryango ushoboye kandi utekanye, yahurije hamwe abayobozi mu nzego zitandukanye, n’abafatanyabikorwa bakora ku guteza imbere umuryango.

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée, yavuze ko kwizihiza uyu munsi ari umwanya wo kuzirikana uruhare rw’umuryango mu mibereho myiza, imiyoborere n’iterambere ry’Igihugu.

Yagize ati: “Ni umwanya mwiza wo kwishimira ibyagezeho mu kuwubungabunga, kurebera hamwe ibibazo bikiwugarije, ariko cyane cyane kubishakira ibisubizo birambye.”

Minisitiri Uwimana, yavuze ko insanganyamatsiko yo kwizihiza uyu munsi muri uyu mwaka wa 2026, isaba kuzirikana ko ibiganiro ari umusingi ukomeye w’amahoro, ubwumvikane, n’ubufatanye mu bagize umuryango.

Ati “Umuryango utazimuye urazima! Ibi bivuze ko ibibazo byose byo mu muryango bikwiye kuganirwaho mu bworoherane no mu bwumvikane.”

Yasabye Abanyandarwanda kwirinda kujyana ibibazo by’imiryango ku mbuga nkoranyambaga, mu buryo bushobora kuyihungabanya, gukomeretsa abayikomokamo, no kugira ingaruka ku bafite imitima yoroshye, asaba ko ibibazo byaganirirwa mu miryango bigashakirwa ibisubizo.

U Rwanda ruha umuryango agaciro gakomeye cyane cyane mu itegeko nshinga aho umuryango ufatwa nk’ishingiro ry’imbaga y’abanyarwanda, ukaba urengerwa na Leta binyuze muri Politiki, amategeko n’inzego.

Gusa nubwo hari byinshi byakozwe mu guteza imbere umuryango, ubushakatsi butandukanye bugaragaza ko hakiri ibibazo byo kwitabwaho birimo amakimbirane.

Ubuheruka gukorwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) muri 2025, bwagaragaje ko amakimbirane ari ikibazo gikomeye kiri no ku isonga mu byugarije umuryango, agaherekezwa n’ibindi birimo ihohotera, guharika no gucana inyuma kw’abashakanye, gusiganira kurera abana, inda ziterwa abangavu, igwingira ry’abana, n’abatajya ku ishuri n’ibindi.

Zimwe mu mpamvu zagaragajwe zitera ibi  bibazo, zirimo ubusinzi, kutagira umwanya w’ibiganiro mu miryango, gukoresha nabi umutungo, kudasobanukirwa ihame ry’uburinganire, n’ibindi.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments