• Amakuru / MU-RWANDA

Mu mujyi wa Kigali habereye inama ikomeye ihuza abayobozi b’ibigo bikomeye, abakuru b’ibihugu, abashoramari n’abafata ibyemezo muri Afurika izwi nka Africa CEO Forum 2026, yagarutse cyane ku buryo Afurika yakwihutisha iterambere ry’ubukungu binyuze mu bufatanye hagati y’ibihugu, ibigo n’abashoramari b’Abanyafurika.

Iyi nama yabaye ku wa 14 no ku wa 15 Gicurasi 2026, yitabiriwe n’abantu bagera ku 2800 barimo abayobozi b’ibigo bikomeye, abashoramari, abakuru b’ibihugu n’abaminisitiri baturutse mu bihugu birenga 75 byo muri Afurika no hanze yayo.

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka yagiraga iti : “The Scale Imperative: Why Africa Must Embrace Shared Ownership”, bishatse kuvuga ko Afurika ikeneye gukorera hamwe no gusangira ishoramari kugira ngo ibashe kugera ku rwego rwo guhangana ku isoko mpuzamahanga.

Mu bayobozi bakomeye bitabiriye iyi nama harimo Perezida wa Rwanda Paul Kagame, Perezida wa Nigeria Bola Ahmed Tinubu, Perezida wa Gabon Brice Clotaire Oligui Nguema, Perezida wa Mauritania Mohamed Ould Ghazouani, Perezida wa Mozambique Daniel Chapo ndetse na Perezida wa Guinea Mamadi Doumbouya.

Abitabiriye iyi nama baganiriye ku bibazo bikomeje kudindiza ubukungu bwa Afurika birimo ishoramari ridahagije hagati y’ibihugu by’Afurika, amasoko adahuye, imbogamizi mu bucuruzi bwambukiranya imipaka ndetse n’ikibazo cy’uko ibigo byinshi by’Abanyafurika bikiri bito ugereranyije n’ibyo ku yindi migabane.

Hanagarutswe cyane ku gukomeza ishyirwa mu bikorwa ry’isoko rusange rya Afurika, AfCFTA, hagamijwe koroshya ubucuruzi no gufasha ibigo byo muri Afurika kwaguka ku rwego rw’umugabane. Abatanze ibiganiro bavuze ko Afurika ifite amahirwe menshi ariko ko ayo mahirwe atagerwaho igihe ibihugu bikomeje gukorera ukwabyo.

Mu biganiro byabereye muri iyi nama, hibanzwe no gushora imari mu bikorwa remezo, ingufu, ikoranabuhanga, ubuvuzi, ubuhinzi n’inganda. Abashoramari n’abayobozi ba za guverinoma bagaragaje ko hakenewe kongera ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera kugira ngo Afurika ibashe kubaka ibigo bikomeye bishobora guhangana ku rwego mpuzamahanga.

Ubuyobozi bwa Rwanda Development Board bwavuze ko kwakira iyi nama ari amahirwe akomeye kuri Rwanda yo gukomeza kwigaragaza nk’ihuriro ry’ishoramari n’ubucuruzi muri Afurika. Hanateguwe ibiganiro byihariye byiswe “Invest in Rwanda” byo kwerekana amahirwe y’ishoramari ari mu gihugu.

Abayobozi b’ibigo bitandukanye bitabiriye iyi nama bagaragaje ko igihe kigeze kugira ngo Afurika yubake ibigo byayo bikomeye, ishoramari rikorerwe hamwe ndetse n’ibihugu bikore nk’isoko rimwe. Bavuze ko “Scale or Fail” ari ubutumwa bukomeye bwerekana ko Afurika igomba gukorera hamwe niba ishaka kugira ijambo rikomeye ku rwego rw’isi.

Mu kiganiro BTN Rwanda  yagiranye ba bamwe mu bayobozi  b’ibigo  bikomeye hano mu Rwanda  harimo  Umuyobozi Mukuru w’Ikigo KPMG  Wilson Kaindi yadutangarije ko  ari ibya gaciro  gakome ye yagize  kugirana  ibiganiro  n’abantu  bafite  ibitekerezo  n’Ubunararibonye byo  gufasha  guteza imbere afurika y’ejo hazaza yongeye  ko ibi biganiro ari nyabyo ku bibazo  n’ukuri kwinshi  mu bucuruzi bigamije  gushakira hamwe  ibisubizo  bifatika no gushyira  ibikorwa  mu ngiro

Yakomeje avuga ko  ari ari inshuro ye ya mbere  yitabiriye inama African CEO  Forum kandi  yashimishijwe  cyane nuko mu biganiro bagize hibanzwe kukuva mu magambo bikajya  mu bikorwa bigaragara  ko abitabiriye bose bavuga ko  hagomba gutangwa imishinga ifatika kandi ishobora  gushorwamo Imari .

Wilson Kaindi yashimiye  abantu iyi nama ya African CEO Forum  cyane by’umwihariko  u Rwanda rwongeye kwerekana ubuhanga n’Ubunyamwuga mu gutegura igikorwa cyiza gikomeye

Uyu mwaka insanganyamatsiko w’iyi nama yari ishingiye ku buryo Afurika yakwagura ibikorwa byayo no kuzamuka ku rwego mpuzamahanga aho Afurika ifite amahirwe menshi cyane, ariko ayo mahirwe yonyine ntahagije kugira ngo umugabane ugere ku rwego rw’iterambere wifuza.

Hakenewe ibikorwa bihuriweho kandi bishyirwa mu bikorwa ku rugero runini kugira ngo Afurika ibashe gufata umwanya ukwiriye ku rwego rw’isi. Hakenewe kandi ubufatanye n’ubwuzuzanye hagati y’ibihugu byo ku mugabane wa Afurika.

Kubera uburyo Rwanda rfite ubukungu buteye imbere kandi bushyigikira ishoramari, igihugu gifite amahirwe akomeye yo gukomeza urugendo rugamije kugera ku ntsinzi mu bukungu haba ku rwego rw’igihugu no ku rwego rw’umugabane wa Afurika.

Abafata ibyemezo bya politiki muri Afurika barasabwa gukorera hamwe no kwigiranaho kugira ngo umugabane ubashe kugera ku rwego rw’ubukungu rungana n’urw’ibindi bice by’isi.

Mu gusoza Wilsona Kaidi  yavuze ko Afurika iri mu gihe cy’ingenzi cyane mu mateka yayo, mu gihe uburyo bwo gutanga ibicuruzwa ku isi buri guhinduka ndetse n’ihungabana rya politiki mpuzamahanga rikomeje kwiyongera.

Yagize ati:“Igihe cyacu kirageze, kandi tugomba kucyakira no kugikoresha neza.”

Kaindi yavuze ko urubyiruko Afurika ifite, umutungo kamere ndetse n’amasoko ari gukura biha umugabane umusingi ukomeye wo guhangana ku rwego mpuzamahanga. Gusa yagaragaje ko ibi bizashoboka ari uko za guverinoma n’ibigo by’ubucuruzi birushijeho kunoza imikoranire no kwagura ibikorwa byabyo ku rwego rwisumbuyeho.

Yakomeje avuga ko ibigo nka KPMG biri kugira uruhare muri iryo terambere binyuze muri serivisi z’ubujyanama, imisoro n’ubugenzuzi bw’imari, bifasha za guverinoma n’abashoramari gutegura neza uburyo bwo gushora imari mu bikorwa remezo, gukomeza kubahiriza amategeko no kongera icyizere cy’abashoramari.

 

 

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments