Uwahawe Igihembo cy’Amahoro cya Nobel mu 2018, Denis Mukwege, yanenze amagambo ya Perezida wa RDC wavuze ko amatora atazashobora kuba mu gihe intambara ikomeje mu Burasirazuba bw’igihugu (mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo n'Amajyaruguru).
Mu kiganiro yagiranye na Africanews,
uyu muganga w’inzobere mu kuvura indwara z’abagore yavuze ko niba Perezida
Félix Tshisekedi avuga ko amatora ya 2028 adashobora kuba kubera ko intara za
Nord-Kivu na Sud-Kivu ziri mu ntambara, na referandumu (kamparamaka)
yo guhindura Itegeko
Nshinga ikwiye gutegereza kugeza igihe amahoro azagarukira muri izo ntara.
Mukwege yagize ati: “Aravuga ko
amatora adashobora kuba kuko hari intara ebyiri ziri mu ntambara. Niba amatora
adashobora gutegurwa kubera iyo mpamvu, na referandumu na yo ntiyakorwa, kuko
abaturage bo muri izo ntara ebyiri na bo bagomba kugira ijambo.”
Mu gihe ubutegetsi bwa Kinshasa
bwitezweho byinshi mu bufatanye bwagiranye na Leta Zunze
Ubumwe za Amerika, cyane
cyane ku bijyanye n’umutekano mu ntara zibasiwe n’ibibazo by’umutekano
muke, Mukwege yavuze ko
hari “gusahura” umutungo wa RDC.
Yagize ati: “Ku bijyanye n’amabuye
y’agaciro, hari toni zisanzwe zoherezwa, ariko nta mutekano turabona mu
gusubiza ibyo dutanga. Byatangiye bavuga ko ari dipolomasi y’inyungu hagati
y’impande zombi, ariko ubu bisa no gusahura, kuko twe dutanga ariko ntitubone
umutekano twari twizeye.”
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyo ku wa 06 Gicurasi 2026, Perezida Tshisekedi
yari yavuze ko afite ubushake bwo kurangiza “vuba bishoboka” intambara imaze
igihe mu Burasirazuba bwa RDC, kugira ngo amatora ya 2028 abe, anemeza ko
amafaranga yo kuyategura azaboneka.
Yagize ati: “Nimurebe muri Ukraine. Hari hashize imyaka ibiri
amatora akwiye kuba yarabaye, ariko isi yose yumvise ko Perezida Volodymyr
Zelenskyy atashoboraga kuyategura. Yayategura ate igihugu gifite icyuma ku
ijosi?”
Like This Post? Related Posts