• Amakuru / MU-RWANDA


Senateri Prof. Dusingizemungu Jean Pierre yavuze ko mu rutonde rw’amasomo yigishwa hashyirwamo  isomo ry’amateka y’u Rwanda baryigishe  nk’isomo ryihariye baryige barinononsore barikorereho ubushakashatsi, kugira ngo byihariye baryigishe barinononsore kuko kwigisha neza amateka y’Igihugu bifite uruhare runini mu kubaka ubumwe ariko ko hakiri ibibazo mu gutegura abarimu bayo.

Ibi yabivuze kuri uyu wa 7 kamena 2026 muri  Kaminuza y’Abaporotesitanti mu Rwanda mu gikorwa cyo  kwibuka ku nshuro ya 32 abanyeshuri b'iryahoze ari Ishuri Rikuru rya Tewolojiya, bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ati: “Mu mashuri  makuru na kaminuza usanga hari  amashami ategura abazaba abarimu  bigisha amateka twabagira inama  ko hari ibyavugururwa  kugira ngo haboneke abarimu b’inzobere. Muri  kaminuza  11 zifite agashami  gategura  abazaba abarimu b’amateka   twasanze  harimo  gusa abarimu batatu gusa bafite urwego rw’ikirenga PHD ,kandi ubushakashatsi ku mateka y’u Rwanda biragaragara ko bukeneye inzobere kandi n’abigisha abo banyeshuri bose’’.

Prof. Dusingizemungu yavuze ko hakenewe impinduka mu buryo amashuri makuru na kaminuza bitegura abarimu b’amateka, agaragaza ko umubare w’inzobere zifite impamyabumenyi y’ikirenga (PhD) muri ayo mashami ukiri muto cyane.

Ati: “Muri   izo kaminuza  bakeneye  urwo rwego kugira ngo bategure abarimu beza b’ejo hazaza  ariko banategure abazabasha gukomeza gukora ubushakashatsi kuko dukeneye gukomeza kumenya amateka y’igihugu cyacu, no kongeramo gahunda zo  gutumira mu mashuri abatangabuhamya kugira ngo bunganire abarimu  bigisha amateka  ndetse hongerwe n’ingufu mu gusura inzibutso kuko amateka aboneka ku nzibutso  nayo yakunganira cyane abatanga amasomo y’amateka  mu buryo busanzwe’’.

Yongeyeho ko hakenewe kongera umubare w’abarimu bafite ubushobozi bwo gukora ubushakashatsi no gutegura abandi bazakomeza uwo murage mu gihe kizaza.

Ati’: “Birakenewe ko abigisha abo banyeshuri muri izo kaminuza bagira urwego rubafasha gutegura abarimu beza b’ejo hazaza, ariko banategure abazabasha gukomeza gukora ubushakashatsi kuko dukeneye gukomeza kumenya amateka y’igihugu cyacu.”

Mu rwego rwo kurushaho kunoza uburyo amateka yigishwa, Prof. Dusingizemungu yasabye amashuri makuru na kaminuza gushyira imbaraga mu gutumira abatangabuhamya no gusura inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi’’.

Senateri Dusingizemungu yavuze ko amateka y’u Rwanda ari ishingiro ry’ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda, bityo ko akwiye kwigishwa mu buryo bwimbitse kandi bugashingira ku bushakashatsi.

 




Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments