Amerika yongeye kugaba ibitero ku butaka bwa Iran, nyuma y’uko Perezida Donald Trump ashinje Tehran kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano, avuga ko icyo gihugu cyakoze “ubusazi” mu kwibasira ubwato butwara imizigo bunyura mu nzira y’amazi ya Hormuz.
Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikorera mu Burasirazuba bwo Hagati (CENTCOM) zatangaje ko zagabye ibitero ku bubiko bwa misile, ku ndege nto zitagira abapilote (drones), ndetse no ku birindiro bya radar biri ku nkengero z’inyanja ya Iran.
Amerika ivuga ko ibyo bitero byari igisubizo ku gitero cyagabwe ku bwato bw’ubucuruzi ku wa Kane, aho ubwato bwa M/V Ever Lovely bwo muri Singapore bwibasiwe n’indege nto zitagira umupilote.
Perezida Trump yavuze ko Iran yarashe nibura drones enye zari zigamije ubwato bwari mu muhora wa Hormuz, imwe ikagonga igice cyo hejuru cy’ubwo bwato, mu gihe izindi eshatu zarashwe n’ingabo za Amerika.
Yavuze ko ubwo bwato bwakomeje urugendo ariko ashimangira ko ibyo byabaye ari “ukurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano mu buryo bw’ubupfapfa.”
Ku rundi ruhande, Iran yahakanye ko ari yo yarenze ku masezerano, ivuga ko ubwato bwibasiwe kubera ko bwanyuze mu nzira itemewe muri Hormuz.
Umutwe w’Ingabo z’Impinduramatwara za Iran (IRGC) nawo washinje Amerika kurenga ku masezerano, uvuga ko ibitero bya Amerika byagabwe ku nkengero za Iran byari bifite impamvu z’uko hari ubwato bwakoresheje inzira itemewe.
IRGC yatangaje kandi ko na yo yarashe ibirindiro bya gisirikare bya Amerika muri ako karere, nubwo itatangaje ibisobanuro birambuye kuri ibyo bikorwa.
Visi Perezida wa Amerika, JD Vance, yavuze ko niba Iran ifite ikibazo ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano, ishobora gufata telefoni ikabaza, anashimangira ko urugomo ruzajya rusubizwa n’urundi urugomo.
Amasezerano y’agahenge yari yarumvikanyweho hagati y’impande zombi ku wa 17 Kamena 2026, mu nyandiko y’ingingo 14, yasabaga ko imirwano ihagarara, Iran ikemera korohereza amato y’ubucuruzi kunyura mu muhora wa Hormuz nta yandi mafaranga aciwe mu gihe cy’iminsi 60.
Gusa, icyizere cy'aya masezerano cyakomeje kuba mu gihirahiro kubera amagambo y'agasomborotso yagiye yigambwa hagati y'impande zombi kuva yasinywa.
Like This Post? Related Posts