• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Uwahoze ari Visi Perezida wa Zambiya, Guy Scott, yitabye Imana ku wa Gatatu afite imyaka 82, nk'uko byatangajwe na Guverinoma y'icyo gihugu.

Guy Scott, wari umuhanga mu bukungu, yavukiye muri Zambiya ku babyeyi bakomokaga muri Ecosse. Yapfiriye mu isambu ye i Lusaka, umurwa mukuru wa Zambiya, nyuma y'igihe gito arwaye. Aya makuru yemejwe na Patrick Kangwa, Umunyamabanga w'Inama y'Abaminisitiri, binyuze mu itangazo rya Leta.

Scott yabaye Visi Perezida wa Zambiya hagati ya 2011 na 2014, ku butegetsi bwa Perezida Michael Sata. Nyuma y'urupfu rwa Michael Sata mu mwaka wa 2014, Guy Scott yagizwe Perezida w'agateganyo, ayobora igihugu mu gihe cyegera amezi atatu kugeza habaye amatora mashya.

Icyo gihe, yabaye Umukuru w'Igihugu wa mbere w'umuzungu wayoboye igihugu cyo muri Afurika kuva iherezo rya apartheid muri Afurika y'Epfo, nyuma ya F. W. de Klerk.

Nubwo yari ayoboye igihugu by'agateganyo, Itegeko Nshinga rya Zambiya ntiryamwemereye kwiyamamariza kuba Perezida, kubera ko ababyeyi be batari Abanyazambiya bavukiye muri icyo gihugu, kimwe mu bisabwa kugira ngo umuntu yemererwe kwiyamamariza uwo mwanya.

Nyuma ye, Edgar Lungu ni we watorewe kuyobora Zambiya, ayobora igihugu kuva mu 2015 kugeza mu 2021.

Guy Scott yasize amateka yihariye muri politiki ya Zambiya, aho yagaragaye nk'umunyapolitiki wagize uruhare mu kwimakaza inzibacyuho yubahiriza amategeko nyuma y'urupfu rwa Perezida Michael Sata. Yakomeje kandi kumenyekana nk'umuntu wavugiraga ku mugaragaro ibibazo by'ubukungu, ubutegetsi n'imiyoborere myiza.

Urupfu rwe ruje mu gihe Zambiya yitegura amatora ateganyijwe kuba mu kwezi gutaha, amatora afatwa nk'ingenzi mu rugendo rwa demokarasi y'icyo gihugu. Biteganyijwe ko Guverinoma ya Zambiya izatangaza gahunda yo guherekeza no guha icyubahiro Guy Scott, umwe mu banyapolitiki bagize uruhare rukomeye mu mateka ya politiki y'igihugu.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments