Uwahoze ari Visi Perezida wa Zambiya, Guy
Scott, yitabye Imana ku wa Gatatu afite imyaka 82, nk'uko byatangajwe na
Guverinoma y'icyo gihugu.
Guy Scott, wari umuhanga mu bukungu,
yavukiye muri Zambiya ku babyeyi bakomokaga muri Ecosse. Yapfiriye mu isambu ye
i Lusaka, umurwa mukuru wa Zambiya, nyuma y'igihe gito arwaye. Aya makuru
yemejwe na Patrick Kangwa, Umunyamabanga w'Inama y'Abaminisitiri, binyuze mu
itangazo rya Leta.
Scott yabaye Visi Perezida wa Zambiya
hagati ya 2011 na 2014, ku butegetsi bwa Perezida Michael Sata. Nyuma y'urupfu
rwa Michael Sata mu mwaka wa 2014, Guy Scott yagizwe Perezida w'agateganyo,
ayobora igihugu mu gihe cyegera amezi atatu kugeza habaye amatora mashya.
Icyo gihe, yabaye Umukuru w'Igihugu wa
mbere w'umuzungu wayoboye igihugu cyo muri Afurika kuva iherezo rya apartheid
muri Afurika y'Epfo, nyuma ya F. W. de Klerk.
Nubwo yari ayoboye igihugu
by'agateganyo, Itegeko Nshinga rya Zambiya ntiryamwemereye kwiyamamariza kuba
Perezida, kubera ko ababyeyi be batari Abanyazambiya bavukiye muri icyo gihugu,
kimwe mu bisabwa kugira ngo umuntu yemererwe kwiyamamariza uwo mwanya.
Nyuma ye, Edgar Lungu ni we watorewe
kuyobora Zambiya, ayobora igihugu kuva mu 2015 kugeza mu 2021.
Guy Scott yasize amateka yihariye muri
politiki ya Zambiya, aho yagaragaye nk'umunyapolitiki wagize uruhare mu
kwimakaza inzibacyuho yubahiriza amategeko nyuma y'urupfu rwa Perezida Michael
Sata. Yakomeje kandi kumenyekana nk'umuntu wavugiraga ku mugaragaro ibibazo
by'ubukungu, ubutegetsi n'imiyoborere myiza.
Urupfu rwe ruje mu gihe Zambiya
yitegura amatora ateganyijwe kuba mu kwezi gutaha, amatora afatwa nk'ingenzi mu
rugendo rwa demokarasi y'icyo gihugu. Biteganyijwe ko Guverinoma ya Zambiya
izatangaza gahunda yo guherekeza no guha icyubahiro Guy Scott, umwe mu banyapolitiki
bagize uruhare rukomeye mu mateka ya politiki y'igihugu.
Like This Post? Related Posts