Umwe mu banyapolitiki bakomeye batavuga
rumwe n'ubutegetsi bwa Uganda, Kizza Besigye, yongeye kwamagana uburyo urubanza
rwe rurimo kuburanishwa, yanga kwemera kunganirwa n'abavoka yashyiriweho
n'urukiko nyuma y'uko abavoka yari yaritoranyirije bamwe bafunzwe abandi
bakabuzwa kwinjira muri Uganda.
Besigye w'imyaka 70 y'amavuko, umaze
imyaka myinshi ari umwe mu bahanganye cyane na Perezida Yoweri Kaguta Museveni,
afungiye muri uganda kuva mu mpera za 2024, nyuma y'uko avuga ko yashimuswe ari
i Nairobi muri Kenya akagezwa muri Uganda mu buryo bunyuranyije n'amategeko.
Mu iburanisha ryabaye ku wa Gatatu,
Besigye yanze urutonde rw'abavoka bemewe na Leta urukiko rwamusabye guhitamo
kugira ngo bamwunganire mu rubanza aregwamo icyaha cyo kugambanira igihugu.
Yabwiye urukiko ko yari afitiye
icyizere cyuzuye itsinda ry'abanyamategeko yari yarahisemo, bityo ko adashobora
kwemera kunganirwa n'abavoka yahawe ku gahato.
Yagize ati: "Twari dufitiye
icyizere cyuzuye ubushobozi bw'itsinda ry'abanyamategeko twari
twihitiyemo."
Iki kibazo cyatangiye gukomera nyuma
y'uko umwe mu banyamategeko be bakuru, Erias Lukwago, yatawe muri yombi
n'ingabo za UPDF mu kwezi gushize agafungwa. Undi munyamategeko we mukuru, Martha
Karua, we yabujijwe kwinjira ku butaka bwa Uganda n'inzego z'abinjira
n'abasohoka.
Umucamanza yavuze ko Besigye ahawe
ibyumweru bibiri byo kongera gutekereza niba yemera abo bavoka yashyiriweho na
Leta, ahita asubika urubanza kugeza ku wa 29 Nyakanga.
Umwe mu banyamategeko baharanira
uburenganzira bwa muntu, Eron Kiiza, yavuze ko uburyo abunganizi ba Besigye
bafashwemo bugaragaza ko uburenganzira bwe bwahonyowe.
Yagize ati: "Abavoka Besigye
yihitiyemo bamwe birukanywe mu gihugu, abandi barashimutwa cyangwa baterwa
ubwoba.
Urukiko rwahindutse igikoresho
cy'ubutegetsi aho kuba urwego rugenzura ko amategeko yubahirizwa."
Ibi bibaye mu gihe Uganda ikomeje
kuvugwamo gukaza igitutu ku batavuga rumwe n'ubutegetsi. Mu mezi ashize, ingabo
zafunze abanyapolitiki batavuga rumwe na Leta, abanyamategeko ndetse hafungwa
n'ikigo gikomeye cy'itangazamakuru.
Perezida Museveni w'imyaka 81, umaze
imyaka irenga ine ayobora Uganda, amaze iminsi agaragara gake mu bikorwa bya
Leta nyuma yo kongera gutsinda amatora ya perezida.
Muri iki gihe, umuhungu we akaba
n'Umugaba Mukuru w'Ingabo, Muhoozi Kainerugaba, akomeje kugira ijambo rikomeye
mu miyoborere y'igihugu.
Besigye afite amateka yihariye muri
politiki ya Uganda. Mu myaka ya 1980 yabaye umuganga wa Museveni igihe bombi
bari mu mutwe w'inyeshyamba warwanaga kugeza ufashe ubutegetsi.
Nyuma baje gushwana mu bya politiki,
maze Besigye yiyamamariza umwanya wa Perezida inshuro nyinshi, ariko buri gihe
ibikorwa bye bikaba byaragiye bihura n'igitutu gikomeye cy'inzego z'umutekano.
Ku wa Mbere, ubwo urubanza
rwatangiraga, Besigye yabwiye urukiko ko atizeye ko azaruburanishwa mu buryo
buboneye.
Yagize ati: "Turabizi ko uru rubanza
rutazaba ruboneye. Uburenganzira bwacu bwarahonyowe kandi amategeko
ntiyubahirizwa. Ntidushaka gukomeza kugira uruhare muri uru rubanza."
Mu ntangiriro, Besigye yari
yarashyikirijwe urukiko rwa gisirikare, ariko nyuma Urukiko rw'Ikirenga rwa Uganda
rwanzuye ko kuburanisha abasivili mu nkiko za gisirikare binyuranyije n'Itegeko
Nshinga, bituma dosiye ye yimurirwa mu rukiko rusanzwe.
Urubanza rwagombaga gutangira muri
Nzeri 2025, ariko rwagiye rusubikwa inshuro nyinshi kubera ko Ubushinjacyaha
bwatinze gutanga ibimenyetso byabwo. Hagati aho, Besigye yakomeje gutakaza
abamwunganira mu mategeko, ibintu avuga ko byabangamiye uburenganzira bwe bwo
kwiregura.
Uyu munyapolitiki akomeza no kuvuga ko
yimwe mu buryo bunyuranyije n'amategeko uburenganzira bwo gufungurwa
by'agateganyo no kubona ubuvuzi bukwiye, ibintu bikomeje guteza impungenge
imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ndetse n'abakurikirana uko
ubutabera bukora muri Uganda.